AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Abatuye i Musanze baravuga ko batakigorwa no kuboba uburezi bwiza mu mahanga

Yanditswe Jun, 10 2021 18:54 PM | 106,259 Views



Ababyeyi bo mu karere ka Musanze barishimira ko batakigorwa no kubona uburezi bwiza bw’abana babo, cyane ko muri aka karere hamaze kugera ibigo by’amashuri biri ku rwego rwo hejuri.

Bavuga ko harimo n’ibitanga amasomo hagendewe kuri porogaramu  mpuzamahanga.

Mu mujyi wa Musanze uyu munsi umubyeyi ufite umwana utangira amashuri y'inshuke ndetse n'abanza, nta mihangayiko no kubunza imitima yibaza ishuri azamwoherezamo.

Ibi bitandukanye no mu myaka itambutse aho ababyeyi benshi bajyanaga abana babo kujya kwiga hanze y’u Rwanda, abatambutse umupaka berekezaga i Kigali.

Kugeza ubu hirya no hino muri uyu mujyi  hari ibigo binyuranye by’amashuri yigenga bitanga uburezi bwishimirwa n'ababyeyi baharerera.

Mukayuhi Lea, umwana we yatsinze ari uwa mbere mu gihugu mu 2019, we na bagenzi be bemeza ko hari igihe kubona ishuri ryiza ry'umwana i Musanze byari bigoye ariko ubu byarahindutse urwego amashuri ariho rurashimishije

Imyigishirize ababyeyi bishimira n’abana ubwabo barayibona, bakaba bavuga ko batewe ishema n'ibigo bigamo ndetse n’uko mu bihe bitandukanye bakuru babo batsinze ibizami bya leta.

Abari mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri abanza bari mu myiteguro y’ikizamini cya leta  gisoza iki cyiciro, bifitiye icyizere cyo gutsinda neza ibizamini biri imbere

Nduwayesu Elie nyiri ishuri Wisdom School, wWe na bagenzi be bashoye imari mu burezi, bahamya ko batangiza amashuri atari inyungu nyinshi bari bakurikiye, ahubwo byari ugufasha ababyeyi kubona amashuri meza hafi  kandi atanga uburezi bukenewe.

Bavuga ko byari kandi ugushyigikira leta mu kwimakaza uburezi buganisha ku bukungu bw'igihugu bwubakiye ku bumenyi.

Mu karere ka Musanze habarirwa ibigo by’amashuri byigenga 50 ubariyemo n’ayisumbuye, hakaba higa abana barenga ibihumbi 11.

Imwe mu ntego za Guverinoma y’u Rwanda ni ugutanga uburezi bufite ireme kandi bugera kuri bose, no kurushaho kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Politiki n’ingamba by’uburezi bw’u Rwanda bishingiye ku nkingi eshatu z’ingezi arizo uburezi kuri bose, uburezi bufite ireme n’uburezi bujyanye n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.


Mbarushimana Pio




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura