Yanditswe Jul, 02 2021 10:50 AM | 126,812 Views
Abakora
mu bijyanye n'inganda mu Ntara y'Amajyepfo, baravuga ko kuva hirya no hino mu
turere hashyirwa ibyanya byahariwe inganda byafashije kuzamura uru rwego
n'iterambere ry'abaturage muri rusange.
Abaturage bakora muri izi nganda bavuga ko kera byabaga bigoye kubona inganda mu cyaro, ariko kuri ubu zabegereye ndetse zibaha akazi.
Hirya no hino mu byanya byagiye biharirwa inganda mu Ntara y'Amajyepfo, inganda nshya zikomeje kuhubakwa, izisanzwe nazo zikomeje akazi kazo ka buri munsi.
Nko mu karere ka Gisagara uretse uruganda GABI rutunganya umusaruro w'ibitoki, kuri ubu hamaze kugera urundi ruganda rutunganya Kawunga ndetse n'uruzakora Inyama ku buryo abaturage bemeza ko izi nganda bazitezeho isoko.
Kuva ku ruganda rutunganya amashanyarazi muri nyiramugengeri rwubatse mu karere ka Gisagara kugera ku nganda nto zitunganya umusaruro ukomoka ku buhizi n'ubworozi, ababonye akazi muri izi nganda bemeza ko imibereho yabo yahindutse.
Kuri ubu kandi mu karere ka Ruhango hamaze kugera uruganda rukora Amakaro, ukongeraho inganda zitunganya amata ziganje cyane mu turere twa Nyanza na Huye.
ba nyir'izi nganda bavuga ko kuva hashyirwaho ibyanya byahariwe inganda hirya no hino mu turere, byazamuye iterambere ry'uru rwego.
Imyaka 27 ishize u Rwanda rwibohoye, abatuye mu Ntara y'Amajyepfo bavuga ko yatumye nabo bagerwaho n'izi nganda zitandukanye zatumye bongerara agaciro ibyo bakora, bavuga ko mbere babonaga inganda mu Mujyi wa Kigali gusa.
Bamwe mu bayobozi mu Ntara y'Amajyepfo nabo bishimira uruhare rwazanywe no kwiyongera kw'inganda mu turere, ahubwo basagaba abashoramari kongera izi nganda.
Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Kayitesi Alice, avuga ko muri gahunda yo kuzamura urwego rw'inganda, iyi ntara ifite gahunda yo korohereza abashoramari kugira ngo bakomeze gushora imari muri uru rwego.
Muri rusange mu Ntara y'Amajyepfo hamaze kugera inganda zisaga 17 mu turere twose uko ari umunani, inyinshi muri izi nganda zitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n'ubworozi.
Tuyisenge Adolphe
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza ya Stanford
Mar 26, 2024
Soma inkuru