Yanditswe Jan, 22 2022 18:57 PM | 34,365 Views
Abaturiye ikibaya cy’urugezi mu turere twa Burera na Gicumbi barasaba ko cyatunganywa kuko byakongera umubare wa ba mukerarugendo basura Intara y'Amajyaruguru kandi na bo bakungukira muri ibyo bikorwa.
Ni mu masaha ya mu gitondo, Munezero Jean Paul arimo guha amabwiriza itsinda akuriye rishinzwe gucunga umutekano w’ikibaya cy’Urugezi. Buri wese arerekeza aho yatumwe gukorera.
Iri tsinda ry’abantu 54 rizwi nka rangers ryatangiye muri 2017 kugira ngo ribungabunge iki kibaya gifite ubuso bugera kuri hegitari ibihumbi 6.700. Munezero avuga ko ryakemuye ibibazo bitandukanye birimo n'iby'umutekano.
Inyoni z’amoko atandukanye zimwe zari zarahunze iki kibaya kubera kwigabizwa n’abaturage ubu zaragarutse. Ibikorwa bigamije gusubizaho urusobe rw’ibinyabuzima na byo birakomeje.
Abatuye n’abagenda muri aka gace bavuga ko gutunganya ikibaya cy’Urugezi bifite kinini bivuze mu rwego rwo kurengera ibidukikije no gukurura ba mukerarugendo.
Kugeza ubu imisambi iri mu nyoni nyinshi ziri muri iki kibaya. Kimwe cya kane cy’imisambi 1000 ibarurwa mu Rwanda yibera mu rugezi. Ibi byatumye umuryango nyarwanda ubungabunga ibinyabuzima by’agasozi (Rwanda Wildlife conservation Association) ukomereza ibikorwa byawo no muri iki kibaya.
Dr Nsengimana Olivier ukuriye uyu muryango ashimangira ko ibikorwa nk’ibi byo kubungabunga ibidukikije bituma hari benshi barushaho kubona ibyo basura bidashingiye ku mapariki gusa..
Ikibaya cy’Urugezi gikora ku mirenge 6 y'Akarere ka Burera ndetse n’imirenge 2 y'akarere ka Gicumbi.
Minister w’Ibidukikije Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya agaragaza ko ibyanya nk’ibi biri hirya no hino mu gihugu kandi ko ubufatanye bwa buri wese bukenewe mu nyungu zo kubungabunga ibinyabuzima birimo.
Mu Rwanda habarurwa amapariki y’igihugu 4 asanzwe asurwa na ba mukerarugendo. Kwiyongera kw’ibyanya nk’ibi bibereye ubukerarugendo biri mu byatuma uduce birimo turushaho gusurwa no gutera imbere. Inyungu zituruka mu rwego rw’ubukerarugendo rwihariye 48% by’umusaruro mbumbe w’igihugu na zo zarushaho kuzamuka.
Jean Claude Mutuyeyezu
Ubukerarugendo bwasubukuwe i Rubavu
Jun 02, 2021
Soma inkuru
Akanyamuneza ni kose ku bashoye imari mu bukerarugendo nyuma y’aho busubukuriwe
Jun 18, 2020
Soma inkuru
Members of the National Consultative Forum of Political Organizations have commended national polici ...
Jan 31, 2020
Soma inkuru
Rwanda's magnificent Canopy Walkway in Nyungwe Park has been ranked the number one forest canop ...
Nov 14, 2019
Soma inkuru
Umukerarugendo w'umunyamerika Joe McDonald wabaye uwa mbere mu basuye ingagi zo mu birunga insh ...
Nov 21, 2016
Soma inkuru
Itsinda rya ba Mukerarugendo barimo abakora ibyo gutwara abantu, abakuriye amahoteri n'abanyama ...
Oct 28, 2016
Soma inkuru