AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Abaturage ntibumva kimwe itwikwa ry'abantu mu gihe amarimbi agenda yuzura

Yanditswe Nov, 09 2017 19:05 PM | 5,970 Views



Akarere ka Gasabo karavuga ko hamaze kuboneka ubundi butaka buri kuri hegitari 2 n’igice zo kwaguriraho irimbi rya Rusororo. Ibi biravugwa mu gihe amarimbi yo hirya no hino mu mujyi wa Kigali agenda yuzura mbere y’igihe cyateganyijwe kandi n’abaturage bakaba batavuga rumwe ku bijyanye no gutwika imirambo nk’uburyo bwasimbura ubutaka bukoreshwa mu gushyingura.

Irimbi rya Rusororo riherereye mu karere ka Gasabo kuva ryatangira gushyingurwamo muri 2011, ubu hasigaye hegitari hafi 5 gusa bitewe n’uburyo abagana iri rimbi biyongereye, hakaba hari impungenge zo mu myaka 2 rizaba ryuzuye.

Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Kigali bagaragaza impungenge z'uburyo gushyingura muri iki gihe hakoreshejwe sima n'amakaro ngo aribyo bimara ubutaka.

Ubuyobozi b'akarere ka Gasabo buvuga ko buri mu gikorwa cyo kwimura abaturage baturiye irimbi rya Rusororo kuri hegitari 2 n'igice mu rwego rwo kwagura iryo rimbi.

Akarere ka Gasabo gateganya kwishyura miliyoni 70 z’amafranga y’u Rwanda y’ingurane y’ubutaka buzagurirwaho  irimbi rya Rusororo. Mu rwego rwo kugabanya ubutaka ukoreshwa hashyingurwa, biranemewe mu Rwanda ko imirambo yatwikwa. Ariko ibi ntibivugwaho rumwe.

Imyemerere n'umuco biracyari imbogamizi ku itegeko ryemerera ubyifuza wese gusaba ko umurambo we wazatwikwa igihe azaba yitabye Imana.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize