AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Abaturage bishimiye isanwa ry’ikiraro cya Giciye cyatwaye miliyoni 247 Frw

Yanditswe May, 31 2021 16:48 PM | 38,623 Views



Abaturage bakoresha umuhanda Musanze Vunga kuri ubu akanyamuneza ni kose, nyuma yo kubaka ikiraro cya Giciye cyasenywe n'ibiza byo muri Gicurasi 2020 kikaba byari byaragize ingaruka zikomeye k'ubuhahirane muri aka gace.

Iki kiraro gifite uburebure bwa metero 33 n'igice, cyuzuye mu gihe cy'amezi ane gitwaye miliyoni zisaga 247 z'amafaranga y'u Rwanda.

Iki kiraro ni kimwe mu bikorwaremezo byasenywe n'ibiza byibasiye uduce twinshi tw'igihugu, harimo n'agace k'Amajyaruguru ashyira Uburengerazuba bw'u Rwanda.

Cyangirikiye rimwe n'ibya Nyamutera na Kiruruma byo byahise bisanwa hasigara iki cya Giciye, cyasabaga inyigo yimbitse n'ingengo y'imari itubutse.

Icika ry'iki kiraro ryatumye ubuhahirane hagati ya Musanze na Vunga butagenda neza, kuko bwasabaga kwifashisha umuhanda uca mu Gakenke bigatuma urugendo rwikuba kabiri ari nako ikiguzi cy'izi ngendo cyarushijeho guhenda.

Kubera gukoreshwa cyane uyu muhanda na wo wari umaze kwangirika, aho ubuhahirane bwari bumaze kurushaho kuba bubi kurushaho.

Kuri ubu ariko akanyamuneza ni kose kuri aba baturage, nyuma yuko Leta y'u Rwanda imaze kuzuza iki kiraro aho abaturage bamaze iminsi itatu bagikorrsha.

Bizimana Placide ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge Shyira, nawe avuga ko iki kiraro kigiye gufasha abaturage mu bijyanye n’ubuhahirane.


Uwimana Emmanuel 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu