Yanditswe Jan, 20 2019 22:25 PM | 77,310 Views
Abayobozi b'ibigo by'amashuri ndetse
n'ababyeyi ntibumva uburyo hari ibyumba by'amashuri byubatswe babigizemo uruhare mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu mashuri ariko
abanyeshuri bakaba baratangiye amasomo
hataraboneka isakaro.
Hari ibyumba by'amashuri byubatswe guhera umwaka ushize hagamijwe kugabanya ubucucike bw'abanyeshuri ku bigo bimwe na bimwe, ariko uyu mwaka w’amashuli urinda utangira bitarasakarwa cyangwa ngo bikingwe. Abaturage bagize uruhare mu iyubakwa ry'ibi byumba by’amashuri bavuga ko idindira ry’iyi mirimo ryatumye ikibazo bari biyemeje gukemura kigihari:
Umwalimu mu mujyi wa Kigali Habimana Alfred yagize ati, "yewe hari naho ubona badafite aho bicara bikabagiraho ingaruka z'uko iyo umwana aticaye yisanzuye ntabwo agukurikira, kubura isakaro rero nibi byuma basakariraho kiba ari ikibazo si ikibazo cy'inzego zibanze cyangwa ubuyobozi bw'ikigo ahubwo ni ikibazo cya minisiteri y'uburezi idakurikirana"
Minisiteri y'uburezi isobanura ko iki kibazo cy’isakaro no gukinga amashuli yubatswe byatewe n'uko ibyuma byifashishwa muri iyi mirimo bizwi nka "Tube" byabuze ku isoko ryo mu Rwanda ku buryo byabaye ngombwa ko bitumizwa mu mahanga. Rose Baguma, Umuyobozi mukuru ushinzwe politiki n'igenamigambi muri Minisiteri y'Uburezi avuga ko mu kwezi kwa kabiri bizaba byakemutse. Yagize ati, "Ibyinshi mu turere dutandukanye bamaze kugera kuri lenton ariko ibyo byuma nibyo byabuze twarabitumije ubu bimwe byaraje ukwezi kuzarangira twaramaze kubitanga mu turere n'amabati tuzayatangira rimwe kuko ntabwo wasakara udafite izo tube cyangwa ibyo byuma bakoresha, ukwezi kwa kabiri kuzagera twarabitanze noneho uturere dukoreshe umuvuduko wo kubaka ibyumba by'amashuri
Mu mpera z'umwaka w'2018 ni bwo minisiteri y'uburezi yatangije imirimo yo kubaka ibyumba by'Amashuri 1686 ndetse n'ubwiherero 1452 byagombaga gutwara ingengo y'Imari ya Miliyari 16 z’amafaranga y’u Rwanda, abanyeshuri bakabyigiramo guhera muri uyu mwaka w'amashuli wa 2019. Minisiteri y'uburezi ivuga ko imirimo yo kubaka ibi byumba by’amashuli yahagaze byari bigeze ku gipimo cya 80%.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru