Yanditswe Nov, 03 2020 20:04 PM | 97,916 Views
Ikigo cy’igihugu cy’ingufu REG nabaturage b’uturere twa Gicumbi, Rulindo na Burera ntibavuga rumwe ku kibazo cy’ingurane ku mitungo yabo yangijwe n’imiyoboro y'amashanyarazi hakaba hashize imyaka 8 batarishyurwa kandi barabariwe ingurane.
Ikigo cy’igihugu cy’ingufu REG kivuga ko abaturage basaga 250 aribo batarishyurwa,nyamara mu karere kamwe habarirwa abaturage basaga 2300 aribo bafite icyo kibazo.
Aba baturage bagaragaza ko imiyoboro y'amashanyarazi yabangirije imitungo yiganjemo amashyamba yatemwe,imyaka y'ubwoko butandukanye yarimbuwe ndetse n'ahashyizwe amapoto y'amashanyarazi.Bemeza ko babariwe ndetse basabwa kuzuza ibyangombwa barabikora ariko amaso yaheze mu kirere
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’ingufu REG bugaragaza ko muri utu turere 3 umuyoboro wakozwe n’ikigo cya ANGELIQUE INTERNATIONAL niwo abaturage baberewemo imyenda kubera kutuzaza ibisabwa
REG igaragaza ko abaturage bari babaruwe kwishyurwa basaga 2800 muri bo abasaga 2600 barishyuwe hakaba hasigaye abaturage basaga gato 270 gusa.
Nyamara ibivugwa n’uyu muyobozi bitandukanye n’ibivugwa n’inzego zibanze zihagarariye aba baturage.Mu karere kamwe ka Gicumbi kagaragaramo iki kibazo kagaragaza ko abaturage 3327 nibo bangirijwe imitungo hishyurwamo 933 abandi basaga 2390 bategereje amafaranga yabo baraheba kandi barimo n’abujuje ibyangombwa byo kwishyurwa.
Ni kenshi hirya no hino mu gihugu abaturage bagaragaza ikibazo cyo kwangirizwa imitungo n'ibikorwa remezo by'inyungu rusange bagategereza ko bazishyurwa bagaheba.Ubusanzwe itegeko riteganya ko umuturage agomba kwishyurwa mu minsi 90,iyo minsi yarenga atarishyurwa akazongererwa 5%
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
4 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru