AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abatanga serivisi mu Mujyi wa Kigali baravuga ko biteguye gukora amasaha 24

Yanditswe Jun, 15 2022 18:26 PM | 101,278 Views



Abatanga serivisi zitandukanye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, batangaje ko biteguye gukora amasaha 24 kuri 24 mu rwego rwo kunoza serivisi  bazaha abashyitsi bazitabira Inama y’abakuru b’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza izwi nka CHOGM.

Abatuye Umujyi wa Kigali bavuga ko icyorezo cya COVID19 kiri mu byatumye abantu bamenyera gutaha kare, harimo abacuruzi n’abatanga serivisi zimwe na zimwe.

Gusa basanga mu gihe u Rwanda ruzaba rwakira inama ya CHOGM, abatanga izi serivisI bakwiye gutangira gukora amasaha 24 kuri 24.

Abakora ubucuruzi butandukanye nabo bavuga ko mu rwego rwo kwitegura abashyitsi bazitabira iyi nama hagamijwe kubaha serivisi nziza, biteguye kongera amasaha yo gukora.

Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rugaragaraza ko bagiranye inama n’abacuruzi batanga izi serivisi, ku buryo bose bafite gahunda yo gukora amasaha yose kugira ngo abazakenera serivise iyariyo yose bazayibone kandi ku isaha bayishakiye.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa asaba abatanga serivisi zitandukanye kuzabyaza umusaruro aya mahirwe yo kuba iyi nama ya CHOGM izabera mu Rwanda.

Inama y’abakuru b’ibihugu bikoresha icyongereza iteganijwe mu cyumweru gitaha izitabira n’abagera ku bihumbi 6. 

Hagati aho mu Mujyi wa Kigali hakomeje kugaragara imyiteguro irimo kubaka ibikorwaremezo ndetse no kunoza isuku ahatangirwa serivisi zinyuranye.

Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira