AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Abasora 34 bashimiwe kuba indashyikirwa mu kwishyura imisoro (AMAFOTO)

Yanditswe Nov, 20 2020 19:38 PM | 169,684 Views



Minisitiri w’intebe Dr. Ngirente Edouard arashimira abasora umurava bakomeje kugaragaza mu guharanira iterambere ry’igihugu cyane muri ibi bihe ubukungu bwugarijwe n’ingaruka z’icyorezo cya Covid 19.

Ibi yabigarutseho mu muhango wo gushimira ku nshuro ya 18  abikorera bo mu nzego zitandukanye bahize abandi mu kumenyekanisha no kwishyura imisoro ku gihe.

Muri uyu muhango hashimiwemo abasora 34 b’indashyikirwa aho ku isonga ku basoreshwa banini  aho BRALIRWA nk’ikigo gikora kikanacuruza ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye cyahize abandi yinjiza mu isanduku ya leta asaga miliyari 30 na miliyoni 765.

Komiseri Mukuru wa RRA Bizimana Ruganintwali Pascal yashimiye abasora bataciwe intege n'icyorezo cya Covid19 bagakomeza gusora neza bigatuma intego y'igihembwe cya 1 cy’umwaka wa 2020-2021 igerwaho ndetse ikanarenga.

Nyirabizimana Zilpa afite inyubako zikodeshwa mu Karere ka Nyarugenge zitanga neza umusore ku bukode aho yatanze asaga miliyoni 62 frw yavuze ko igihembo ahawe kimuteye ishyaka ryo kurushaho gukora cyane ndetse asaba bagenzi pe gukorera ku ntego

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard yasabye abikorera kubyaza umusaruro amahirwe bashyirirweho na leta mu guhangana n’ingaruka za Covid 19 cyane bagana ikigega cyabashyirirweho kigamije kubatera inkunga muri ibi bihe.

Imisoro y'inzego z'ibanze yakusanyijwe ingana na miliyari 62.2 mu gihe intego yari miliyari 68.2 ibi kandi ngo byagezweho ku kigero cya 90.8% ku ntego. 

Amafaranga yose yakiriwe n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kuva mu gihembwe cya mbere cya 2020/2021 yageze kuri miliyari 375.4 mu gihe intego yari miliyari 354.0, iyi ntego ikaba yaragezweho ku kigero cya 106.1%.


Andrew KAREBA

AMAFOTO: MUSEMINARI Déogratias (Fils Images)



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura