AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Abasigajwe inyuma n’amateka muri Rutsiro baracyabangamiwe n’abana babo batiga

Yanditswe Apr, 22 2021 13:11 PM | 22,459 Views



Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka batuye mu Mirenge irimo Nyabirasi mu karere ka Rutsiro, bavuga ko nyuma yo gutuzwa mu Midugudu ubuzima bwabo bwabaye bwiza, ariko bakibangamiwe n’abana babo bata ku ishuri.

Aba baturage bahoze batuye hafi ya Pariki ya Gishwati ariko ubu batujwe mu Mirenge irimo Mukura, Nyabirasi n’ahandi, bavuga ko bagereranyije n’uko bari bamze mu myaka ishize ubu bamaze gutera intambwe mu myumvire n’imikorere.

Umwe muri abaturage yagize ati “Mbere twari dutuye muri Gishwati ariko ubu leta y’ubumwe bw’abanyarwanda, yadukuyeyo turi mu Mudugudu.”

Gusa bavuga ko bakibangamiwe n’uko abenshi mu bana babo batiga .

“Muri Nyabirasi hari abana bacu bahiga ariko iyo bayasoje bakabura ibyo bakora, bagenzi babo babona ko uwarangije yicaye nabo bakabavuga bati nta mpamvu yo kujya kwiga.”

Bavuga kandi ko hari n’abaturage bashaka kubaheza bavuga ko batuye bonyine mu Midugudu, kandi barayitujwemo na leta.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerance avuga ko icya mbere ari ukubanza kuzamura imyumvire bakumva ko iterambere ryabo nabo bagomba kurigiramo uruhare kugira ngo bitabire ishuri kandi bagaburirwe, cyane ko abenshi bavugaga ko badafite ibyo barya.

Koperative iharanira imibereho myiza y’abasigajwe inyuma n’amateka (COPORWA), iheruka kuvuga  ko abari hirya no hino mu gihugu hose batarenga ibihumbi 36 muri miliyoni 12 z’Abanyarwanda.

Mu mwaka wa 2018 Komisiyo ya Sena y’u Rwanda ishinzwe gucukumbura imibereho y’abasigajwe inyuma n’amateka, yanenze tumwe mu turere dukoresha ibindi amafaranga yagenewe uburezi bw’aba baturage.

Sena yasabye Guverinoma kuzamura imibereho y’Abanyarwanda bose bakennye, ariko umwihariko ugashyirwa ku basigajwe inyuma n’amateka.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize