Yanditswe Dec, 07 2022 16:59 PM | 171,370 Views
Abasenateri
batangaje ko hakenewe ubufatanye bwa buri wese, mu gukemura ikibazo cy'abana bakomeje
guta ishuri, kugira ngo intego y'igihugu yo kubaka ubukungu bushingiye ku
bumenyi izagerweho.
Ku rwunge rw’amashuri rya Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, higa abanyeshuri 4105 bo mu mashuri y’inshuke, abanza ndetse n’ayisumbuye.
Itsinda ry’abasenateri bo muri Komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu basuye iki kigo cy’amashuri, hagamijwe kumenya ibikorwa mu gukemura ikibazo cy’abana bata ishuri mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 12.
Umuyobozi w’iki kigo, Nsengimana Charles avuga ko hari imwe mu myitwarire igaragara kuri bamwe mu bana benda guta ishuri.
“Buri cyumba cy’ishuri kiba gifitemo abana hagati y’ 1 na 3 biga tugenda turwaza, none yasibye, ejo yagarutse, muri uyu mwaka dufite abana 35 biga nabi, twabashyiriyeho gahunda yitwa yo kubitaho na nyuma y’amashuri, n'ubwo bimeze bityo iyo gahunda bayizamo basiba, tukajya kubashaka.”
Bamwe mu babyeyi ndetse n’abarimu bagaragaza zimwe mu mpamvu zikunze gutuma abana bata ishuri.
Mukashyaka Geraldine ati ‘‘Akenshi tubona biterwa n’amakimbirane mu muryango, umwana ashobora kuva ku ishuri yagera mu rugo, ababyeyi be bakaza nijoro basinze, umugabo yaza yasinze agatangira kurwana n’umugore, abana bagatangira kuraraguza hanze, hari n’igihe uwo mwana nawe bamutuka, wa mwana niyo abashije kujya ku ishuli aba asinzira.’’
Perezida wa komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu muri Sena, Umuhire Adrie avuga ko ari uburenganzira ku bana bari mu kigero cyo kwiga kwitabira kujya ku mashuri, iyo bidakozwe ngo bigira ingaruka zikomeye.
‘‘Kwiga ni uburenganzira umwana agomba kugira, iyo igihugu gifite abantu bize ubujiji buba bwacitse, bigatuma igihugu kirushaho gutera imbere. Niba igihugu cyacu tuzi ko ubukungu twifuza kugira buzaba bushingiye ku bumenyi, birasaba ko nta mwana w’umunyarwanda usigara atize.’’
Nyuma yo gusura ibigo by’amashuri hazakurikiraho kuganira n’inzego zifite mu nshingano uburezi ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.
Raporo ya Minisiteri y’uburezi y’umwaka wa 2020/2021, igaragaza ko mu mashuri abanza, umubare w’abana bavuye mu ishuri warushijeho kuzamuka uva kuri 7,8% mu mwaka wa 2019 ugera ku 9,5% mu mwaka wa 2020/2021.
Iyo raporo inerekana ko mu mashuri yisumbuye, umubare w’abanyeshuri bata ishuri wiyongereye uva ku 8,2% mu mwaka wa 2019 ugera ku 10,3% mu 2021.
Carine Umutoni
Ubuzima: Muri 2030 abazaba barasuzumwe kanseri y’inkondo y’umura bazaba bageze kuri 70%
Feb 05, 2023
Soma inkuru
Burera: Hatangiye icyiciro cya 8 cy'Itorero ry'Intagamburuzwa
Feb 05, 2023
Soma inkuru
Guverinoma y'u Rwanda yihanganishije imiryango yaburiye ababo mu mpanuka y'ubwanikiro bw ...
Feb 03, 2023
Soma inkuru
Abanyekongo batari impunzi baba mu Rwanda baravuga ko bafite umutekano uhagije
Feb 02, 2023
Soma inkuru
Kugira ibikorwaremezo bifatika ni inyungu ku batuye Afurika-Perezida Kagame
Feb 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare-Gikoba ibumbatiye amateka y'urugamba rwo kubohora igihugu igiye kubakwa bigezweho
Feb 01, 2023
Soma inkuru