AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Abasenateri basabwe kurushaho kwegera abaturage hagamijwe kumenya uruhare bagira mu bibakorerwa

Yanditswe Jul, 28 2022 20:01 PM | 49,649 Views



Abagize Inteko ishinga Amategeko Umutwe wa Sena, basabwe kurushaho kwegera abaturage hagamijwe kumenya uruhare bagira muri gahunda n'ibindi bikorwa bagenerwa, ndetse no kurushaho gutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere (NST1). Ibi babisabwe na Perezida wa Sena Dr Iyamuremye Augustin, ubwo yatangizaga umwiherero w’iminsi itatu w’Abasenateri urimo kubera mu Karere ka Nyagatare, ugamije kurebera hamwe uburyo bwo kunoza inshingano zabo.

Uyu ni umwiherero wa mbere ubaye nyuma y’impinduka zabaye mu buyobozi bwa za Komisiyo muri Sena y’u Rwanda, ariko kandi na nyuma y’igihe kitari gito icyorezo cya COVID19 kibasiye Isi. Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr Iyamuremye Augustin, avuga ko iki cyorezo cyagize ingaruka kuri bimwe mu bikorwa bya Sena ari na yo mpamvu uyu mwiherero ukwiye kuvomwamo imbaraga zifasha mu kuziba icyuho.

Abitabiriye uyu mwiherero kandi barimo kurebera hamwe ibimaze kugerwaho mu gushyira mu bikorwa Gahunda ya Guverinoma y'imyaka irindwi (NST1) ndetse n'uruhare rwa Sena mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda.

Kimwe mu bikubiye muri iyi gahunda izarangirana n’umwaka wa 2024, harimo guhanga imirimo mishya ibyara inyungu ikagera nibura kuri miliyoni imwe n’ibihumbi Magana atanu (1 500 000), ivuye ku mirimo isaga ibihumbi 150. Minisiteri y’Imari n’igenamigambi MINECOFIN igaragaza ko kugeza ubu guhanga iyi mirimo bigeze ku gipimo cya 88%.

Ku rundi ruhande ariko hari gahunda zikigaragaramo icyuho nko kongera ingano y’ibyoherezwa mu mahanga buri mwaka aho kugeza ubu biri ku gipimo cya 9.5%, kandi intego ari uko mu mwaka w’ibihumbi 2024 bizaba bigeze kuri 17%. Senateri Juvenal Nkusi, Perezida wa Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena y’u Rwanda, asanga uruhare rwa Sena rukenewe cyane mu kwesa iyi mihigo kandi ngo hari icyizere.

Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr Iyamuremye Augustin we avuga ko uyu mwiherero ukwiye kuba umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma harebwa ibyagezweho, ariko kandi hakibandwa ku kureba ibiri imbere no kwihutisha ibikorwa bya Sena.

Byitezwe ko abitabiriye uyu mwiherero bazawungukiramo imbaraga zishingiye ku bumenyi n’icyerekezo gihamye ku bijyanye no gushyira mu bikorwa inshingano yihariye ya Sena yo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amahame remezo. Mu bindi byitezwe muri uyu mwiherero kandi harimo kunguka ubumenyi ku biteganywa n’amategeko ku mikorere ya Sena, kumenya no kugenzura ibikorwa n’imikorere bya Guverinoma, ndetse no gufata ingamba zo kunoza uburyo bwo guhererekanya amakuru neza kandi vuba.

Biteganyijwe ko uyu mwiherero uzasozwa ku wa Gatandatu taliki 30 Nyakanga uyu mwaka wa 2022.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize