Yanditswe Jan, 22 2021 20:06 PM | 8,962 Views
Ikigo cy'igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n'Umujyi wa Kigali, kuri uyu wa Gatandatu, kiratangira gahunda yo gupima abaturage icyorezo cya COVID19.
Ni igikorwa kizarangira hapimwe abaturage basaga ibihumbi 20, aho hazajya hapimwa nibura abantu 125 muri buri kagari mu tugari 161 tugize Umujyi wa Kigali.
RBC ivuga hakazapimwa abantu bose bafite imyaka 70 kuzamura, abafite indwara zidakira (nka diyabete, umuvuduko w'amaraso, indwara z'umwijima n'impyikon izindi, abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA); abahuye n'uwanduye COVID19 n'ufite ibimenyetso bya COVID19 ariko akaba ataripimisha.
Iki kigo kivuga ko iyi gahunda yo gupima,iri mu rwego rwo kureba uko icyorezo gihagaze muri ibyo byiciro, ndetse bigafasha inzego z' ubuzima kurushaho gufata ingamba.
RBC yasabye abantu bujuje ibisabwa kugera ku biro by'akagari batuyemo ku matariki bazajya bamenyeshwa n'utugari batuyemo.
Mu gihe gupima icyorezo cya COVID19 ubusanzwe abantu basabwa kwishyura, iri suzuma ridasanzwe ryo nta kiguzi abaturage bazasabwa ku gipimo cya COVID19 kizatangwa.
Gahunda yo gupima abaturage benshi mu Mujyi wa Kigali ibaye mu gihe hagaragara ubwiyongere bukabije bw'icyorezo, aho byanatumye Guverinoma ifata icyemezo cyo gushyira Umujyi wa Kigali muri gahunda ya Guma mu rugo mu gihe cy'ibyumweru bibiri.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru