AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Bigogwe barasaba gusanirwa inzu

Yanditswe Apr, 30 2021 13:12 PM | 40,372 Views



Imwe mu miryango yarokotse jenoside yakorewe abatutsi ituye mu Murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu, irasaba ubufasha bwo kubakirwa no gusanirwa inzu kuko izo bubakiwe zangiritse mu buryo bukomeye.

Imiryango 54 yo muri uwo Murenge niyo igaragaza ko inzu ituyemo zubatswe huti huti hakoreshwa amatafari atumye, bituma zangirika hadaciye kabiri.

Aba baturage bavuga ko bagerageza gushyiraho akabo ariko kubera imyubakire mibi, biba iby’ubusa zigakomeza kwangirika.

Barasaba ko izangiritse cyane zisanwa, naho izangiritse bikabije zikubakwa nabo bakabona amacumbi meza.

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, agaragaza ko ku bufatanye n’Ikigega cya Leta gishinzwe gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ‘FARG’, hari gahunda yo kubakira iyi miryango haherwa ku gusanira abafite inzu zangiritse cyane.

Mu karere ka Nyabihu kose, imiryango irenga ijana niyo ifite ikibazo cy’inzu zangitse cyane.

Gahunda yo kubakira abacitse ku icumu batishoboye leta yayitangiye mu 1994, ubwo inzu zabo zari zarasenywe izindi zigatwikwa.

Kuzubaka huti huti hamwe zikubakishwa ibikoresho bitaramba, byatumye nyuma y’imyaka mike inyinshi zitangira kwangirika izindi  zisenyuka imburagihe.


Mbarushimana Pio



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira