AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abarokokeye muri St Paul bashimiye ubutwari bw’ingabo z’Inkotanyi zabarokoye abicanyi

Yanditswe Jun, 18 2021 10:52 AM | 79,426 Views



Abarokokeye jenoside yakorewe Abatutsi mu kigo cya St Paul mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bumvaga kubaho bitagishobotse kubera ubwicanyi bw'indengakamere bwahakorewe tariki 17 Kamena mu 1994, ariko kubera ingabo z’Inkotanyi barokotse kandi bakomereza ubuzima mu gihugu bishimira.

Mu buhamya bwatanzwe n'abari bahungiye muri St Paul bakaza kurokoka, basobanura inzira y'umusaraba baciyemo ariko bakaza gutabarwa n’Inkotanyi.

Uwitwa  Dimitrie Sissi waharokokeye yagize ati “Inkotanyi zari zaraye zije gukura abantu muri St Paul zirabatwara noneho Interahamwe zirabimenya zirarakara, zaje ziyemeje ko nta muntu ziri busige inyuma zica abantu benshi cyane, icyo gihe ni bwo baje binjira mu kiliziya  n’ahandi hose haturanye, bishe uwo bahuye na we wese ntabyo gutoranya, bishe abantu benshi cyane, aha turi habaye ibintu bibi.”

Uretse kurokoka mu buryo bafata nk’ubutangaje, bishimira ko ubuzima bwaje gukomereza mu gihugu gifite ubuyobozi bwiza.

Ati “Nishimira ko narokotse nkarokorwa n'Inkotanyi kandi nyuma nkazibona tugakomeza tukubaka igihugu cyiza,  kizira amacakubiri n'izindi jenoside.”

Uhagarariye imiryango y’abiciwe kuri St Paul,  Mukabyagaju Marie Grace avuga ko ubu icyizere cy’ahazaza h’u Rwanda hashingiye ku rubyiruko.

Yagize ati “Bafite inshingano yo kubaho ahabo, ah’ababyeyi n'abavandimwe babo batagihari, ikindi ni uguharanira kusa ikivi ababo bagiye batushije, urubyiruko rero bagomba kubaho bagakomera, bakabaho neza, bakabaho gitwari bakaba abagabo n'abagore bahesha ishema abavandimwe n'ababyeyi bishwe urw’agashinyaguro.”

Abarokokeye kuri St Paul bavuga ko hiciwe abantu benshi ariko kuri iyi tariki, bikaza kuba umwihariko kuko hishwe abatutsi basaga 300.


Uwitonze Providence Chadia




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura