AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abarokokeye i Kabgayi bashimiye ingabo zari iza RPA zabavanye mu maboko y’abicanyi

Yanditswe Jun, 02 2021 15:03 PM | 31,556 Views



Abarokokeye i kabgayi mu Mujyi wa Muhanga Jenoside yakorewe Abatutsi, baravuga ko tariki ya 2 Kamena bayifata nko kuzuka kandi bagashimira ingabo zari iza RPA uko zabakijije bakarokoka.

Bavuga ko nyuma y’imyaka 27, hagikenewe imbaraga mu guhangana n’abapfobya bakanahakana jenoside yakorewe abatutsi.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo abarokokeye i Kabgayi bafashe umwanya wo gukora kwibuka ababo bishwe muri Jenoside, bakaba bakoze ibikorwa by’isuku ku rwibutso rwa Kabgayi bibuka banaha icyubahiro abasaga ibihumbi 11 bahashyinguye.

Abaharokokeye bafata iyi tariki nk’umuzuko ariko bakibuka cyane uruhare ingabo zari iza RPA.

Gusa abenshi banagaruka ku kibazo cy’ingengabitekerezo ya jenoside ikigaragara kuri bamwe muri aka gace, ariko bakabihuza no kuba mu mateka aha ari ho hacuriwe umugambi wo kurimbura abatutsi.

Karekezi Andrew waharokokeye, avuga ko abantu bakuru ari bo bakwiye gukorwamo ubukanguramga bakabuzwa kuraga abato ingengabitekerezo y’amacakuribi.

Yagize ati “Bakoze ibintu bibi none barashaka kubigereka ku bana babo, bibasigira uburozi basigiwe n’abakoloni ngo babusigire n’abana babo bakiri bato.”

Mu bigaragazwa nk’ibimenyetso by’uko hari bamwe mu batuye i Muhanga bafite ingengabiterezo ya jenoside, harimo ibikorwa byo gutoteza abayirokotse, kimwe no kwimana amakuru ku haba hari imibiri y’abayizize.

Umuyobozi w’akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, avuga ko nta rwego rugomba gusigara rudatanze umusanzu mu guhangana n’iki kibazo.

Ati “Hakozwe ubushakashatsi bigaragara ko hano hakiri ikibazo cy’ingengabitekerezo ya Jenoside, ibyo byose iyo ubihuje ko hakiri abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, biba bigaragaza ko tugifite inshingano zikomeye ku kuganisha ku mibanire y’abantu."

Imibare itangazwa cyane mu buhamya bw’abarokokeye i Kabgayi, igaragaza ko mu basanga ibihumbi 50 bari bahahungiye, 15 ari bo babashije kurokoka batabawe n’ingabo zari iza RPA ku itariki 2 Kamena 1994.

Abenshi bahuriza ku kuba uyu munsi ari bwo bongeye kugarura icyizere cyo kubaho, kuko mbere yaho buri munsi wagiraga amateka yawo, abicanyi bakuramo abo bashatse bakabica.


Alexis Namahoro




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira