AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abarobyi b’isambaza mu Kivu bavuze ko zabaye nke

Yanditswe Oct, 06 2021 13:46 PM | 79,815 Views



Nyuma y’amezi arenga 2 ikiyaga cya Kivu gifunze, uyu munsi abarobyi bongeye gusubira kuroba gusa byaba abarobyi n’abacuruzi b'isambaza, baravuga ko zabaye nke bagereranyije n’uko bajyaga bazibona iyo bafunguraga.

Bavuze ko Ibase bajyaga bagura amafaranga ibihumbi 20 ubu barimo kuyigura ibihumbi 40.

Abo RBA yasanze ku Kivu bamwe bari bafite isambaza nke abandi ntazo bafite, ndetse n'abazibonye bavuga ko zabahenze aho ibase y'isambaza bayifatiraga ibihumbi 20 ubu bayifatiye ibihumbi 40

Uku kutaboneka kw'isambaza ngo biratuma n'igiciro kizamuka, mu gihe hari abibwiraga ko kigiye kumanuka

Dr Robert Gatare ushinzwe uburobyi n'ubworozi muri RAB mu ntara y'Uburengerazuba, avuga ko umusaruro wabaye muke uyu munsi kuko abarobyi batangiye batinze ariko umusaruro uzagenda wiyongera.

Ubuyobozi bwa RAB bugaragaza ko uyu munsi harobwe Toni 2 n'ibiro 120, mu gihe ubushize barobye Toni 3 n'ibiro 750.

Uku kugabanuka ngo kwatewe ahanini n'ivugurura ry'amakoperative n’amakipe y’abarobyi.

Jeannine Ndayizeye




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira