AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abarimu n’abandi bakoze mu ishuri rya APRODOSOC Nemba bararyishyuza arenga Miliyoni 35 Frw

Yanditswe Aug, 20 2021 14:12 PM | 15,664 Views



Abarimu n’abandi bakoze mu ishuri rya APRODOSOC Nemba mu karere ka Gakenke, barasaba kwishyurwa amafaranga arenga miliyoni 35 Frw  iri shuri ryafunze ribabereyemo

Imyaka irakabakaba ibiri imiryango y’iri shuri ifunze, intandaro ni umwenda wa miliyoni zisaga 150 iri shuri rifite amenshi muri aya mafaranga akaba ari imisoro y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, RRA ndetse n’ibirarane by’ubwiteganyirize bw’abakozi muri RSSB.

Abatetsi n’abandi bakoraga imirimo inyuranye irimo isuku, ubuhinzi n’ubworozi  bahuje ikibazo n’abarimu.

Bamwe mu bagemuye ibikoresho binyuranye muri iri shuri, nabo bavuga ko niba batishyuwe igisigaye ari inzira y’amategeko.

Ntabwo ari abarimu n'abandi bafatanyabikorwa gusa bahombeye mu ifunga ry'iri shuri, kuko abaturiye iki kigo bashimangira ko ryari ribafatiye runini.

Abahagarariye  ababyeyi mu mategeko aribo ba nyiri ishuri, nyuma yo kubona ko nta buryo bwo kwikura mu gihombo baguyemo, bavuga ko hafashwe umwanzuro wo gufunga  imiryango, ubundi bemeza ko ishuri ryegurirwa akarere nako kakishyura abo ishuri ribereyemo myenda bose.

Umuyobozi w’aka karere, Nzamwita Deogratias asobanura ko N]jyanama yemeje ko mu mu ngengo y'imari y'umwaka utaha, aribwo harebwa uko aya mafaranga azishyurwa, izi nyubako zikazashyirwamo ishuri ry’ubumenyingiro.

APRODOSOC Nemba ni sihuri ryari  rimaze imyaka isaga 30 ritanga amasomo y’ubuhinzi n’ubworozi, icungamari, ubwubatsi n’amashanyarazi.

Guhomba kwaryo byemezwa ko ryazize imicungire mibi yagiye irigaragaramo mu bihe bitandukanye.

Mbarushimana Pio




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama