AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abarimu bishimiye kongezwa imishahara

Yanditswe Aug, 01 2022 17:34 PM | 42,862 Views



Abarimu bo mu bice bitandukanye by’igihugu barashimira Leta ku cyemezo cyiza cyo kubongerera imishahara no kubatera inkunga ingana na miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, binyuze muri koperative yo kubitsa no kugurizanya UMWALIMU SACCO.

Abarimu batandukanye bigisha ku mashuri abanza n’ayisumbuye, baravuga ko bishimiye izi mpinduka bagashimira guverinoma kuba yafashe icyemezo cyo kuzamura umushahara wa Mwalimu, ikanatera inkunga koperative yo kubitsa no kugurizanya hagati y’abarimu UMWALIMU SACCO.

Umuyobozi mukuru w’iyi koperative yo kubitsa no kugurizanya, Uwambaje Laurence avuga ko izi mpinduka zabaye zizahindura byinshi  kumibereho ya Mwalimu, akurikije uburyo bari basanzwe bafata inguzanyo kandi bakazishyura neza.

Kuri ubu umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku mpamyabumenyi y'amashuri yisumbuye - A2 (aba barimu bose hamwe ni 68.207) yongerewe 88% by'umushahara utahanwa w'umutangizi cyangwa 50.849 FRW;

Umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku mpamyabumenyi y'icyiciro cya mbere cya Kaminuza - A1 (aba barimu bose hamwe ni 12.214) yongerewe 40% by'umushahara utahanwa w'umutangizi cyangwa 54.916 FRW.

Umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku mpamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza - A0 (aba barimu bose hamwe ni 17.547) yongerewe 40% by'umushahara utahanwa w'umutangizi cyangwa 70.195 FRW.


Jean Paul Maniraho



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira