AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Abarimu bagera ku 70000 mu gihugu batangiye itorero ry'indemyabigwi

Yanditswe Jan, 05 2017 17:36 PM | 4,028 Views



Abarimu babarirwa mu bihumbi 70 mu gihugu hose bagiye kujya mu itorero ry'abarezi.

Bamwe mu bavuganye na RTV bavuga ko biteze gukarishya ubwenge ku nyigisho zijyanye n'indangagaciro nyarwanda, bakemeza ko bazarushaho gusobanukirwa n'uburyo bakwigisha amateka y'u Rwanda, bikazabafasha no guhangana na bamwe bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse bakayikwirakwiza no mu rubyiruko rw'abanyeshuri.

Aba barimu bavuga ko biteguye no kuganiriza ibibazo byabo abayobozi bazabasura, bakabaza icyo bateganyirizwa ku kunoza imibereho myiza yabo, ikibazo cy'abigisha umubare munini w'abanyeshuri mu ishuli rimwe, ndetse bamwe bavuga ko bazasaba ko bakomeza guhugurwa ku birebana n'integanyanyigisho kugira ngo bakomeze gutanga ubumenyi bufite ireme.

Iri torero rifite insanganyamatsiko igira iti ''uruhare rw'umurezi mu kubaka u Rwanda twifuza".




Charles Kalinganire

Iri Torero riziye igihe! Ndizera ko hazaganirwamo ibirebana n'imyigishirize y'indimi n'umuco. Byazaba akarusho kandi abarimu bunguranye ibitekerezo ku birebana n'imikoranire yabo n'ababyeyi mu rwego rwo guhamya 'Uburere buboneye' (Positive Parenting) bityo abana bagategurirwa koko kuzubaka u Rwanda twifuza, u Rwanda rurangwa n'amahoro n'amajyambere arambye. Jan 05, 2017


Karima

uburezi burarwaye abazajya mu itorero barebe uko baminjirwamo agafu bongere imbaraga mu kwigisha Jan 07, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura