AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Abarenga 1000 bafungiye i Mageragere bari gutanga amakuru y'aho bajugunye imibiri y'abatutsi

Yanditswe Nov, 01 2019 08:39 AM | 20,132 Views



Imfungwa n'abagororwa bahagarariye abandi muri gereza ya Nyarugenge barasaba ko inzego z'ubutabera  zabafasha muri gahunda bihaye yo kwerekana ibyobo bisaga 120 byajugunywemo imibiri y'abatutsi bishwe ndetse no gutahura abatanzweho amakuru ko bakoze Jenoside bakaba batarabihanirwa.

Aba bahagarariye bafungiwe muri Gereza ya Nyarugenge iri mu Murenge wa Mageragere, bagaragaza ko hari bagenzi babo 1035 bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi basabye ko bahuzwa n'imiryango y'abo bahemukiye kugira ngo bayisabe imbabazi ndetse banerekane Ibyobo bibarirwa mu 126 bajugunyemo abatutsi bishwe mu gihe cya jenoside.

Bavuga kandi ko hari abantu bagera kuri 450 bakoranye Jenoside ariko kugeza ubu bakaba bakidegembya mu bice bitandukanye by'igihugu ndetse ngo ntibarabihanirwa.

Basaba ko inzego z'ubutabera zabafasha kwihutisha iki gikorwa bagatanga aya makuru ndetse akanakurikiranwa.

Minisitiri w'Ubutabera Akaba n'intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, ubwo yasuraga abafungiwe muri iyi gereza akaganira n’ababahagarariye, yavuze ko ibi bibazo bagejejweho bagiye kubikurikirana kugira ngo babahuze n'imiryango bahemukiye. Abatanzweho amakuru ko batigeze  bahanirwa icyaha cya jenoside kandi baragikoze na bo bashakishwe ndetse n'amakuru y'ibi byobo byajugunywemo imibiri asuzumwe neza.

Gereza ya Nyarugenge ifungiwemo abantu 9947  barimo 1947 bafungiwe icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi.

Muri bo abagaragaje ubushake bwo gusaba imbabazi imiryango bahemukiye ni  1035 banatanze amakuru y'ibyobo 126 bajugunyemo imibiri y'abatutsi ndetse banagaragaza abo bakoranye iki cyaha cya jenoside bagera kuri 450 batigeze bagihanirwa kandi bakaba bari mu gihugu.

Inkuru mu mashusho


Jean Paul TURATSINZE 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize