Yanditswe Jun, 30 2021 17:28 PM | 48,191 Views
Abanyeshuri n’ababyeyi barereraga mu ishuri rya AIPER Nyandungu mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko bahangayikishijwe no kuba iryo shuri ryabatunguye
rikavuga ko rigiye gufunga burundu nyamara hari umwenda bashaka ko ribanza
kubishyura.
Ni mu rwunge rw'amashuri rwa AIPER Nyandungu [Associatoion Islamique Pour La Promotion de l'education] ahazwi nko kwa Hadji.
Kuri uyu wa gatatu abanyeshuri bigabije ibiro by'ubuyobozi bw'iryo shuri bishyuza amafaranga bavuga ko ari hagati yibihumbi 20 na 40, bavuga ko bishyuye mu bihe bitandukanye ngo bazabashe gukora ibijyanye n'amasomo asaba ko bayashyira mu ngiro.
Bavuga kandi ko hari n’amafaranga y'ingendo shuri hirya no hino mu gihugu bagombaga gukora.
Bavuga ko ikigo cyatangaje ko ku tariki 30 Nyakanga uyu mwaka, kizafunga imirimo yacyo burundu.
Ni mu gihe kandi guhera kuri uyu wa 4 amashuri yose aba afunze mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid19. Abanyeshuri bavuga ko kuri uyu wa gatatu ari wo munsi bari basigaranye wo kwishyuza amafaranga yabo.
Umwe mu babyeyi barerera muri iri shuri, Alphonse Kubwimana, nawe yemeza ko nk'ababyeyi batunguwe no kumva ko iryo shuri rigiye gufunga bakibaza aho bazerekeza abana babo.
Umuyobozi w'iri shuri rya AIPER Nyandungu, Dushimiyimana Jean Damascene we avuga ko nta mafaranga ikigo kigomba guha abanyeshuri kuko ayo batanze yose akubiye muri minerval kandi ko hari ibindi bigo bashakiye abo banyeshuri bizabakira.
Uhagarariye iryo shuri mu rwego rw'amategeko, Rwagasana Saidi uzwi ku izina rya Hadji avuga ko impamvu yo kurifunga zishingiye ku kibazo cy’amikoro make ndetse n'imyenda ribereyemo amabanki n'abakozi. Nawe ashimangira ko nta mafzranga bafitiye abanyeshuri.
Urwunge rw'amashuri rwa AIPER Nyandungu ryari rifite abanyeshuri bagera kuri 600.
Bienvenue Redemptus
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
3 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru