AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abanyeshuri basaga 190,000 batangiye ibizamini bya leta

Yanditswe Jul, 20 2021 18:25 PM | 49,144 Views



Kuva kuri uyu wa Kabiri, abanyeshuri basaga 190,000 batangiye ibizamini  bya leta, bakaba bishimiye gukora ibizamini bisoza icyiciro rusange n’umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye.

Bagisohoka mu cyumba bakoreragamo ikizamini cy'imibare, bamwe mu banyeshuri bo mu kigo cy'amashuli cya Nyagasambu kiri mu karere ka Rwamagana, ntibazuyaje kwemeza ko bazatsinda bitewe nuburyo bari bamaze kubikora.

Rubaduka Gervais, umubyeyi  ufite umwana urimo gukora ibi bizamini bisoza icyiciro rusange, avuga  ko nk'ababyeyi bagerageje korohereza abana babo kwiga nyuma yo kumara umwaka wose w'impfabusa.

Mu gihe hari gahunda ya guma mu rugo, leta yishingiye ikiguzi cyo gukura abana mu ngo zabo bajya kuri ibyo bigo, banasubirayo kuko hari bisi 151 zateganyijwe.

Ni ibizamini bikozwe mu gihe isi n'u Rwanda rurimo byugarijwe n'icyorezo cya COVID-19, ku buryo hari n'abanyeshuri 106 bagiye gukora ibi bizamini baranduye iki cyorezo.

Umuyobozi Mukuru w'ikigo cya leta gishinzwe ibizamini bya leta n'igenzura ry'amashuri Bernard Bahati, avuga ko abo banyeshuri barimo gufashwa, ku buryo nabo babikoze neza.

Ibi bizamini bizasozwa ku tariki 27 z’uku kwezi bizakorwa n’abanyeshuri 195,987 bo mu mashuri y’icyiciro rusange, amashuri y’isumbuye n’imyuga n’ubumenyi ngiro.

Harimo abakandida bigenga 1930.

Bosco Kwizera




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira