AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Abanyarwanda 9 bajyanye Uganda mu rukiko kubera ihohoterwa bakorewe

Yanditswe Aug, 14 2019 12:34 PM | 7,852 Views



Abanyarwanda 9 bahohotewe mu gihugu cya Uganda, kuri uyu wa Kabiri batanze ikirego mu Rukiko rw'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba. Aba banyarwanda bavuga ko biyambaje urukiko kugira ngo barenganurwe kubera ihohoterwa bakorewe, bagatotezwa ndetse bakameneshwa basize imutungo yabo.

Aba banyarwanda bareze Leta ya Uganda, aho bishyize hamwe ari abantu 9 bagiye barekurwa mu bihe bitandukanye, bakaba bahagarariwe n'umwunganizi mu mategeko Me Emmanuel Butare, utashatse kugira icyo atangariza abanyamakuru.

Rev Pst Singirankabo Jean De Dieu yari amaze imyaka 15 atuye mu gihugu cya Uganda, aho yakoraga umurimo w'ivugabutumwa akagira n'umuryango utari uwa leta ufasha abatishoboye, mu gihe Moses Rusa we yafashwe agiye gusura abana be bahiga n'abavandimwe bahatuye muri Uganda.

Bombi bemeza ko ibyo bakorewe binyuranyije n'uburenganzira bwa muntu, bakasaba kurenganurwa ndetse bagahabwa n'indishyi z'akababaro, kandi n'abandi banyarwanda bafungiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n'amategeko bakarekurwa.

Iki ni ikirego cya kabiri uru rukiko rwakiriye, aho bamwe mu banyarwanda bahohotewe mu gihugu cya Uganda barega iki gihugu basaba ubutabera, aho bavuga ko uburenganzira bwabo bwahungabanyijwe.

Inkuru mu mashusho


Jeannette UWABABYEYI



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize