AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Abanyarusizi mu cyizere cyo kuva muri Guma mu rugo, RBC iti ‘Mwibyina intsinzi’

Yanditswe Jul, 15 2020 10:14 AM | 30,670 Views



Abatuye Akarere ka Rusizi baravuga ko igabanuka ry'imibare y'abandura Covid 19 mu minsi itatu ishize yikurikiranya bifite aho bihuriye n'ingamba zikarishye bo ubwabo bafashe mu gukumira ikwirakwira ry'iki cyorezo. Ibi bikaba bibaha icyizere cy’uko kuyitsinda bishoboka n’ubwo bitavuze ko bagomba kwirara.

Bavuga ko bashyize ku mutima isuku mbere na mbere kurusha uko bari basanzwe babikora.

Abajyaga  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo rwihishwa na bo  ngo baje gusanga amaherezo ari ukubireka burundu,gucyaha abatambaye agapfukamunwa  byavuye  kuba  iby'abayobozi, ahubwo buri muturage abigira ibye.

Ingendo zitari ngombwa zaragabanutse cyane ndetse n’abazifatirwamo baragabanuka. Mu mugi wa Rusizi harimo abafite ibyo baje kuhakora koko.

Bamwe mu rubyiruko rw'abakorerabushake bavuga ko izi ngamba zigitangira, byari ikizamini kitoroshye kugira ibyo usaba  kwigomwa abaturage aha i Rusizi.

Aba bakorerabushake ngo baje guhindura uburyo bw’ubukangurambaga. Na byo byatanze umusaruro nk’uko babivuga

Abatuye aka karere baravuga ko bafite icyizere cyo kudohorerwa kuko imibare ikomeza kugabanuka.

Ibipimo bya nyuma  biheruka gushyirwa ahagaragara na Ministeri y’Ubuzima byagaragaje ko  muri aka karere handuye batanu. Kuri iyi nshuro ni ho hari  bake ugereranyije n'utundi duce tw'igihugu twagaragayemo abanduye. 

Gusa na none ,inzego z'ubuzima zo zisaba aba baturage kutirara. Umuyobozi  mukuru  wa RBC yavuze ko hakiri kare ku buryo babyina intsinzi.

Kugeza ubu, Rusizi ni ko  karere gafite umubare munini w’abanduye covid 19. Abarenga 400. Imirenge itanu yako yose iri muri guma mu rugo. Kuva mu kwezi kwa gatatu COVID19 yaduka mu Rwanda aka ni ko karere katarakomorerwa kwinjirwamo cyangwa gusohokwamo kubera ubwandu bwari bwinshi.

Inkuru irambuye

Théogne TWIBANIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira