AGEZWEHO

  • RIB ifunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Abanyamahanga bamurika ibikorwa byabo baravuga ko biteguye no gushora imari mu Rwanda

Yanditswe Aug, 04 2022 15:15 PM | 72,040 Views



Abanyamahanga bamurika ibikorwa byabo mu imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali, baravuga ko biteguye no gushora imari yabo mu Rwanda bitewe n'umutekano bizeye mu gihugu. 

Ibi abanyamahanga babivuze ubwo i Gikondo ku nshuro ya 25 hatangizwaga imurikagurisha mpuzamahanga.

Ni imurikagurisha mpuzamahanga rifite umwihariko wo kuba ryaritabiriwe n'abamurika benshi kuko bageze kuri 480, bikaba byitezwe ko rizasoza abamurika bamaze kurenga 500, ni mu gihe ubusanzwe abamurikaga ibicuruzwa byabo babaga bagera kuri 420.

Abitabiriye iri murikagurisha bavuga ko rifite umwihariko ugereranyije n'imyaka 2 ishize.

Umunya Denmark, Graham Howe waje mu Rwanda kumurika amatara akoresha imirasire y'izuba, avuga ko uruganda ahagarariye rwifuza gufungura ishami ryarwo mu Rwanda.

Umuyobozi mukuru w'urugaga rw'ibikorera mu Rwanda, Robert Bafakulera avuga ko harimo gutekerezwa uburyo bwo kuvugurura imitegurire y'imurikagurisha mpuzamahanga.

Minisitiri w'ubucuruzi n'inganda, Dr Jean-Chrysostome Ngabitsinze we avuga ko imurikagurisha rigira uruhare mu guteza imbere ubucuruzi no kubaka icyizere cy'ishoramari ry'ejo hazaza ku baryitabira.

Urugaga rw'ibikorera ruvuga ko imurikagurisha mpuzamahanga ryitabirwa n'abantu bari hagati y'ibihumbi 8 na 10 ku munsi mu minsi y'impera z'icyumweru ho iyi mibare ngo irarenga. 

Ni imurikagurisha ryatangiye 26 z'ukwezi gushize rikazasoza tariki 16 z'uku kwezi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #