AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abantu batandukanye baza mu Rwanda batangiye kubona Viza bakihagera

Yanditswe Jan, 02 2018 15:54 PM | 5,210 Views



Kuva muri uyu mwaka wa 2018, abanyamahanga baza mu Rwanda batangiye guhabwa visa ari uko binjiye mu Rwanda. Bamwe mu binjiye bwa mbere bifashishije ubu buryo barabwishimira kuko bugabanya igihe bategerezagamo kwemererwa viza basabiraga kuri murandasi.

Abagenzi baturutse mu bihugu byose byo ku isi, batangiye guhabwa viza y’iminsi 30 bamaze kwinjira mu Rwanda. Ubusanzwe babanzaga kuzisaba bakanategereza kuzihabwa. Abaturage bo mu bihugu bya Afrika ni bo bari basanzwe bemerewe guhabwa viza bageze ku mupaka ariko iyi gahunda yafunguwe ku banyamahanga bose. Ni umwanzuro washimishije abanyamahanga bahawe iyi serivise bwa mbere. Umwe muribo yagize ati, "Ku zindi nshuro nasabye visa nyuze ku rubuga rwa internet, kuberako mfite inshuti zituye hano, urumva naboherereje urwandiko ngo baruntangire bigafata igihe kitari gito, ariko ibintu byoroshye ni ukwishyurira hano."

Uwitwa Anais nawe wari ukigera mu Rwanda yagize ati, "Biroroshye cyane kubona viza, ni byiza gufatira viza ku kibuga cy'indege. Hari ibindi bihugu nafatiye viza ku kibuga cy'indege ariko si muri Afrika naho ntibigoye kuyibona nka Argentine, Chili na Peru nta kundi gusaba."

Usibye amafaranga ya viza ku banyamahanga, kuri ubu yishyurwa ari uko yinjiye mu Rwanda, hanakuweho amafaranga yishyurwaga viza ku banyarwanda bagendera kuri pasiporo z’amahanga ariko bafite indangamuntu z’u Rwanda ku bihugu byemera ubwenegihugu bubiri. 

Umunyamabanga wa leta muri ministeri y'ububanyi n'amahanga Olivier Nduhungirehe ashimangira ko gufungura imipaka ku banyamahanga, bigamije kongera umubare w'abagenderera u Rwanda. Ati, "Turi u Rwanda rufite imipaka ariko turi mu rwego rwa integration, turi mu rwego rwo kumva ko abanyafrika, abatuye mu bindi bihugu bashobora gutembera mu Rwanda: twuguruye amarembo ariko ntitwayarangaje, bivuze ko tuzakomeza kugenzura abinjira mu Rwanda."

Ikindi ni uko hari ibihugu byemereye abanyarwanda guhabwa viza imara iminsi 90, ibyo bikajyana n'uko abaturage b’ibyo bihugu nabo bemerewe viza yo kuba mu Rwanda mu minsi 90. Abanyarwanda kandi baba mu mahanga bafite ubwenegihugu bubiri, bazajya bakoresha indangamuntu zabo igihe bashaka kwinjira mu Rwanda.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira