AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abakuru b'ibihugu bya Afrika biyemeje gukuraho inzitizi zigaragara mu buhahirane

Yanditswe Mar, 21 2018 22:06 PM | 16,732 Views



Mu kiganiro n`abanyamakuru kibanze ku kamaro ko kugira isoko rusange nyafurika rivanaho inzitizi z`ubuhahirane, abakuru b`ibihugu batandukanye barimo na Nyakubahwa paul Kagame hamwe n`izindi mpuguke mu by'ubukungu bagaragaje ko rizavanaho ibibazo byinshi ibihugu bya Afurika byahuraga nabyo byo kugura ibicuruzwa byakorewe hanze y'uyu mugabane ku giciro cyo hejuru kandi ibyifashishijwe mu gukora ibyo bicuruzwa byaraturutse kuri uyu mugabane, bakaba bagaragaje kandi ko iri soko rusange nyafurika rikuraho inzitizi mu buhahirane, rizazamura ubukungu bwa Afurika.

Aba bakuru b'ibihugu kandi bagaragaje ko isinywa ry'amasezerano ashyiraho iri soko rusange ari umunsi utazibagirana mu mateka ya Afurika, kuko ari umunsi wo guca burundu amacakubiri yahoraga hagati y`ibihugu bigize uyu mugabane wa Afurika, ibi kandi ngo bikaba bizafasha ibi bihugu guhangana n'ikibazo cy'ubukene byahoranaga, by'umwihariko ku bagore. 

Ku bijyanye n'uburyo ibihugu bizinjira muri iri soko rusange nyafurika aba bakuru b`ibihugu bagaragaje ko icyizere cy'uko bizagenda neza gihari, igisigaye kikaba ari igihe bizatwara n'ukuntu ibintu bizashyirwa mu bikorwa kuko gusinya kw'ibihugu nk'uko byabikoze ari kimwe ariko gushyira mu bikorwa ibikubiye muri aya masezerano ni ikindi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira