AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Abakuriye inzego z’umutekano muri Mozambique bahuye na bagenzi babo bo mu Rwanda

Yanditswe Jan, 09 2022 17:19 PM | 14,852 Views



Abakuriye inzego z’umutekano muri Mozambique bahuriye i Kigali n’abakuriye inzego z’umutekano z’u Rwanda, basuzuma ibimazerwaho mu kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delagado bemeranya ko bagiye gukomeza gushimangira ubufatanye.

Hashize amezi 6 ingabo na Polisi y’u Rwanda zoherejwe kurwanya ibikorwa by’iterabwoba, mu Ntara ya Carbo Delgado mu Majyaruguru ya Mozambique.

Ibimaze kugerwaho n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique, ngo ni ibyo kwishimirwa nk'uko bitangazwa n’umugaba Mukuru w’ingabo z’iki gihugu, Admiral Joaquim Mangrasse .

Yagize ati "Impamvu y'uruzinduko rwacu mu Rwanda ni ukuganira ku ntambwe imaze guterwa mu guhashya imitwe y'iterabwoba muri Cabo Delgado,  twaganiriye ku byakozwe n'ibitegerejwe mu bihe biri imbere. Turifuza kandi kugaragaza ubwitange bw'ingabo z'u Rwanda mu guhashya iterabwoba mu gihugu cyacu ku buryo ibi bigaragarira mu buryo abaturage bacu batangiye kwiyubaka ndetse n'ubuzima burimo gusubira mu buryo."

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura avuga ko ibiganiro byahuje intumwa z’ibihugu byombi kuri iki cyumweru ari umwanya wo gusuzuma ibimaze kugerwaho no gufata ingamba z’ibindi bizakorwa mu gihe kiri imbere..

"Ni ibyishimo kubona twongeye kubakirira muri iki cyumba aho nanone mu mezi nk'aya mu mpera z'umwaka ushize twicaye tugategura urugamba rwo guhashya iriya mitwe, tukaba twishimiye kuba ariho twicaye tuvuga ko twageze kuri byinshi muri uru rugamba ndetse no kuganira kubyo twakomeza gufatanya. Hari byinshi tumaze kugeraho kubera ubufatanye bwacu ndetse uyu munsi ni andi mahirwe yo kureba ibyo twagezeho n'ibyo duteganya gukora byinshi twageraho."

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga avuga ko mu bikorwa bizibandwaho harimo kubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano  mu buryo burambye.

Uretse abagaba bakuru b’ingabo, ibiganiro byahuje intumwa za Mozambique n’iz’u Rwanda byitabiriwe n’abayobozi ba Polisi, Bernardo Raphael uyobora Polisi ya Mozambique n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, CGP Dan Munyuza.

Muri Nyakanga 2021 nibwo u Rwanda rwohereje ingabo na Polisi muri Mozambique ku busabe bw’icyo gihugu, nyuma y’amezi 6 ashize inzego z’umutekano z’ibihugu byombi zimaze kwirukana ibyihebe mu birindiro bikuru byabyo hakaba hakurikiyeho ibikorwa byo gukomeza kugarura abaturage mu byabo.

Uretse u Rwanda, ibihugu bihuriye muryango wa Afurika y’Amajyepfo SADC nabyo byohereje ingabo muri Mozambique, nazo zikaba zifite ibice zishinzwe kubungabungamo umutekano.


Bosco Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu