AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Itumanaho ntirikizonga abakoresha umuhanda unyura mu ishyamba rya Nyungwe

Yanditswe Oct, 22 2019 15:30 PM | 9,096 Views



Abakoresha umuhanda unyura mu Pariki y’Igihugu ya Nyungwe bava cyangwa berekeza mu Karere ka Rusizi barishimira ko bashobora kugenda bavugira kuri telefoni zabo abandi  bakagenda bimara irungu bakoresha interineti mu gihe bari mu rugendo.

Ibi ngo babikesha iminara y'itumanaho yakwirakwijwe muri iri shyamba byatumye hirya no hino uhasanga ihuzanzira (network). Ni  mu gihe mbere umuntu yaryinjiragamo akarisohokamo adakoresheje telefoni, bikica zimwe muri gahunda abagenzi babaga bafite.

Mu rugendo rureshya n'isaha irenga rukorwa kugira ngo umuntu abe nibura asohotse mu ishyamba rya Nyungwe, abarigendamo bavuga ko bitaboroheraga gukoresha telefoni zigendanwa.

Hari abavuga  ko hari ubwo imodoka yabagezaga aho abagenzi bahagarara, bikaba ngombwa ko baharara kubera kubura uko bahamagara moto ndetse n'imizigo yabo ikangirika.

Muri iri shyamba kandi iyo umushoferi yahuraga n'ikibazo imodoka igapfiramo byasabaga ko aparika agatega indi modoka akajya gushaka uko atelefona arisohotsemo.

Cyakora ubu  ngo nta modoka zikigira ibibazo byo gutinda gutabarwa, bitewe n'uko henshi kuri iyi nzira usanga hari ihuzanzira.

Uretse kuba abaturage banyura mu ishyamba cyangwa baritegeramo imodoka basigaye bavugira kuri telefoni ku buryo bworoshye, abagenzi ntibakicwa n'irungu mu rugendo kuko bagenda bakoresha imbuga nkoranyambaga zo kuri interineti inzira yose.

Iyi minara iherutse gushyirwa muri iyi pariki yanatumye abakerarugendo bayisura na bo badahura n'imbogamizi z'itumanaho mu gihe bari muri iri shyamba, kuko na bo ubu babasha gukoresha telephoni zabo cyangwa imashini za mudasobwa mu itumanaho.

Uretse iri tumanaho ryamaze gukwirakwizwa muri iyi Pariki y’Igihugu ya Nyungwe,  ku muhanda wose uyinyuramo hamaze gushyirwamo amapoto y'amashanyarazi ndetse ubu amatara akaba yaramaze gushyirwa kuri aya mapoto, ku buryo mu gihe gito abazajya bahanyura nijoro hazaba hacanye.

                         Muri iri shyamba ubu harimo iminara y'itumanaho

Didier NDICUNGUYE




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu