Yanditswe Jul, 04 2021 15:43 PM | 48,678 Views
Abakorera
mu Mujyi wa Kigali n'abawutuyemo batangaje ko batewe impungenge z'ubwiyongere
bukabije bw'icyorezo cya COVID19, ni mu gihe hari inyubako zitangirwamo
serivise zirimo gutahurwa bene zo barenze ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo
hakaba n'ababifatiwemo inshuro zirenze ebyiri.
Aba baturage b'ingeri zitandukanye bavuga ko gukerensa amabwiriza yo kwirinda kurwanya icyorezo cya COVID19 n'ahantu hahurira abantu benshi hafundanye, ariyo ntandaro y'ubwiyongere bukabije bw'icyorezo cya COVID19.
Kwizera Moussa utu i Nyamirambo yagize ati “Muri iki gihe nta muntu wagakwiye kurenga ku mabwiriza kuko icyorezo kiriho kirakomeye cyane kurusha mbere, buri wese akwiye gukurikiza amabwiriza yayarengaho bakamuhana by'intangarugero.”
Amabwiriza mashya yo kwirinda iki cyorezo insengero na kiliziya n'imisigiti birafunze, abayoboke b'amadini barimo gukurikira inyingisho ku ikoranabuhanga no mu binyamakuru.
Utubari turafunzwe ndetse na za restaurant zemerewe gutanga amafunguro abakiriya baticaye, cyakora ubuyobozi bw'inzego buvuga ko bukomeje kugenzura niba byubahirizwa.
Mu karere ka Nyarugenge hamaze gufungwa inyubako zitandukanye ndetse benezo bagacibwa amande, barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID19.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muhima, Murorunkwere Grace avuga ko igihangayikishije ari uko hari abafatirwa mu cyuho barimo n'abarimo gucuruza utubari bagafungirwa,bugacya bongeye kwica imiryango bagasubukura ubucuruzi.
Mu minsi itatu ikurikiranye y'ukwezi kwa Karindwi, imibare ya minisiteri y'ubuzima igaragaza ko hamaze kuboneka ubwandu bushya bw'icyorezo cya COVID19 2652.
Polisi y'u Rwanda itangaza ko itazakomeza kujenjekera abakomeje gufatirwa mu makosa yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID19
Komiseri mukuru wa Polisi y'u Rwanda IGP Dan Munyuza yagize ati "Usanga hari abagiye gusurana mu ngo, abakoreshereje ibirori mu ngo kandi abo batubahirije amabwiriza yo kudasurana, bapimwa ugasanga muri bo hari abanduye, ikindi ni aho usanga n'umuntu mu rugo rwe atazi niba yanduye akakira abashyitsi, ibindi ni abajya mu masoko ntibubahirize ya mabwiriza yo guhana intera, hari abandi bafatirwa mu mahoteli, restaurant mu masoko n'ahandi.”
Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente asaba banyarwanda kwirinda kujya ahahurira abantu benshi, kandi uwapimwe agasanga afite COVID19 akirinda kuva mu rugo.
Kuva icyorezo cya COVID19 cyagera mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bisaga miliyoni 1.6, ibihumbi 40 bamaze ku cyandura kikaba kimaze guhitana ubuzima bw'abaturage basaga 460, abamaze gukingirwa ni basaga ibihumbi 390.
Jean Paul Turatsinze
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru