AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Abakorera mu Rwanda ibicuruzwa binyuranye bashishikarijwe kubinoza mu kwitegura inama ya CHOGM

Yanditswe May, 25 2022 20:17 PM | 142,225 Views



Abakorera mu Rwanda ibicuruzwa binyuranye, bavuga ko kuri ubu bashishikajwe cyane no kunoza ibikorerwa mu gihugu kugirango bazabikundishe abazitabira inama mpuzamahanga ya CHOGM itegerejwe guteranira i Kigali mu byumweru 3 biri imbere.

Amabara y’ibendera ry’u Rwanda ndetse n’ijambo Rwanda, biragaragara henshi ku bicuruzwa byakorewe mu Rwanda byiganjemo cyane imyambaro, imitako yo kurimbisha umubiri nk’ibikomo, amaherena n’ibindi bikozwe mu masaro.

Ku babikora ndetse bakanabicuruza ngo ubu ni bumwe mu buryo bwo kumenyekanisha igihugu ku bashyitsi bategerejwe mu nama mpuzamahanga ya CHOGM itegerejwe mu byumweru 3 biri imbere.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga ko ibikorerwa mu Rwanda bizwi nka Made in Rwanda bifite uruhare rukomeye mu kumenyekanisha igihugu kigiye no kwakira umubare munini w’abashyitsi mu gihe gito.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Dr. Usta Kaitesi avuga ko abikorera muri rusange bafitiye igihugu akamaro kuko banatanga akazi kuri benshi.

Ahazwi nka Car Free Zone mu Mujyi wa Kigali harimo kubera imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Nyarugenge basaga 60, biganjemo abatanga serivisi zitangwa mu nzego zibanze, serivisi z’ubuvuzi, imiti gakondo ndetse nibyo bikorerwa mu gihugu birimo imyambaro, inkweto, imitako n’ibindi bitandukanye.

Jane Mutoni



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu