Yanditswe Jun, 16 2022 19:50 PM | 187,534 Views
Abakora mu mahoteli yo mu Rwanda, utubari n’utubyiniro baravuga ko kuba baripimishije indwara zandura bitanga icyizere ku babagana by’umwihariko abazitabira inama ya CHOGM.
Bamwe mu bagana aya mahoteli, utubari n’amarestaurent ndetse n'utubyiniro bavuga ko iyo abakozi babakira bipimishije indwara zandura bakamenya uko bahagaze, bitanga icyizere ko ntawe bashobora kwanduza mu gihe cyo gutanga serivise, kuko aribo bahura n’ingeri zitandukanye z’abaturutse impande n’impande.
Kuri ubu abakozi b’amahoteli, utubari, utubyiniro n’amarestaurent ndetse n’abayobozi babyo bafite aho bahurira n’abakiriya, bavuga ko bamaze kwipimisha indwara zandura zirimo izo mu buhumekero,COVID19 n’izindi zishobora guhererekanwa.
Bemeza ko kumenya uko bahagaze ku buzima bwabo, bizatuma n’abashyitsi bazitabira Inama ya CHOGM batandukanye babagirira ikizere cyo kutabanduza.
Umuyobozi mukuru mu rwego rw'abikorera ushinzwe ishami ry'ubukerarugendo n’amahoteli, Frank Gisha Mugisha avuga ko abakora muri uru rwego bose basabwe kwipimisha izi ndwara zandura, kuko ari amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima ndetse bikaba biri no mu bishingirwaho kugira ngo izi nzego zihabwe uburenganzira bwo gutangira kwakira ababagana.
Urwego rw’amahoteli n’ubukerarugendo rugaragaza ko mu mahoteli ari i Kigali hari ibyumba bisaga 8600 biteganyirijwe kwakira abazitabira iyi nama ya Chogm.
Uru rwego rufite abanyamuryango basaga 1000, muri bo hejuru ya 60% ni abanyamahoteli, restaurent, utubari n'utubyiniro.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru