AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abakora mu mahoteli, utubari n’utubyiniro basabwe kwipimisha indwara zandura

Yanditswe Jun, 16 2022 19:50 PM | 187,534 Views



Abakora mu mahoteli yo mu Rwanda, utubari n’utubyiniro baravuga ko kuba baripimishije indwara zandura bitanga icyizere ku babagana by’umwihariko abazitabira inama ya CHOGM.

Bamwe mu bagana aya mahoteli, utubari n’amarestaurent ndetse n'utubyiniro bavuga ko iyo abakozi babakira bipimishije indwara zandura bakamenya uko bahagaze, bitanga icyizere ko ntawe bashobora kwanduza mu gihe cyo gutanga serivise, kuko aribo bahura n’ingeri zitandukanye z’abaturutse impande n’impande.

Kuri ubu abakozi b’amahoteli, utubari, utubyiniro n’amarestaurent ndetse n’abayobozi babyo bafite aho bahurira n’abakiriya, bavuga ko bamaze kwipimisha indwara zandura zirimo izo mu buhumekero,COVID19 n’izindi zishobora guhererekanwa.

Bemeza ko kumenya uko bahagaze ku buzima bwabo, bizatuma n’abashyitsi bazitabira Inama ya CHOGM batandukanye babagirira ikizere cyo kutabanduza.

Umuyobozi mukuru mu rwego rw'abikorera ushinzwe ishami ry'ubukerarugendo n’amahoteli, Frank Gisha Mugisha avuga ko abakora muri uru rwego bose basabwe kwipimisha izi ndwara zandura, kuko ari amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima ndetse bikaba biri no mu bishingirwaho kugira ngo izi nzego zihabwe uburenganzira bwo gutangira kwakira ababagana.

Urwego rw’amahoteli n’ubukerarugendo rugaragaza ko mu mahoteli ari i Kigali hari ibyumba bisaga 8600 biteganyirijwe kwakira abazitabira iyi nama ya Chogm.

Uru rwego rufite abanyamuryango basaga 1000, muri bo hejuru ya 60% ni abanyamahoteli, restaurent, utubari n'utubyiniro.


Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura