AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Abakiristu benshi bize ku bijyanye no kwicisha bugufi ku munsi wa Noheli

Yanditswe Dec, 25 2018 22:16 PM | 20,731 Views



Abakrisitu bizihiza umunsi mukuru wa Noheli, bavuga ko ubasigira isomo ryo kwicisha bugufi bagendeye no Yezu Kiristu wavutse mu buryo buciye bugufi kandi ari umwana w’Imana. Abakuriye amadini n'amatorere bavuga ko uyu munsi ukubiyemo inyigisho zituma buri wese yubaka amahoro n’ubusabane mu bandi kandi akarushaho kwegerana n'imana.

Kuri uyu munsi mukuru wa Noheli, abenshi mu bawizihiza bazindukira muri Kiliziya n'insengero, ahatangirwa ubutumwa butandukanye bukubiyemo amateka ya Yezu Kristu, bakanazirikana amahoro n’imigisha yazanye ku isi ubwo yavukaga nk’umuntu.

Abakuriye amatorero na za Kiliziya mu butumwa bagenera abakirisitu baje guhimbaza uyu munsi wa Noheli, humvikanamo kwicisha bugufi nk’uko Yezu yicishije bugufi ubwo yavukaga, bigatuma abantu bagira amahoro n'agaciro imbere y'Imana kandi bakagirana na yo ubusabane. 

Rwabunyama Juvenal, umushumba w'itorero EPR yagize ati, ''Uko Yesu yavutse agaca bugufi, ari umwana w'Imana agahinduka umuntu kugira ngo yereke  abantu ko nabo bashobora gukora ibyiza banyuze mu bihe bikomeye. Yavukiye mu kiraro n'ubwo bitari bishimishije ku mwana w'Imana. Ariko birerekana ko abantu bashobora guca bugufi kugira ngo icyubahiro cy'Imana kiboneke.''

Kuri uyu munsi mukuru wa Noheli, by'umwihariko muri Kiliziya gaturika hanatagwa batisimu cyane cyane ku bana batoya, batisimu ifatwa nk'amasezerano yo kwanga icyaha no kwiyunga n'Imana, abo bana bagirana nayo babinyujije ku babyeyi babo.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu