AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Impuguke mu muco ziranenga imyambarire n’ubusinzi biranga rumwe mu rubyiruko

Yanditswe Aug, 13 2022 19:07 PM | 106,352 Views



Abahanga mu bijyanye n'umuco baravuga ko imyitwarire ya rumwe mu rubyiruko ishingiye ku businzi no kwambara impenure n'indi imyenda igaragaza cyane bimwe mu bice by'umubiri, iteye impungenge bityo ko idakwiye guhabwa intebe mu Rwanda.

Mu gace ka Gisimenti mu Murenge wa Remera mu Mujyi wa Kigali, ni hamwe mu hagaragara utubari twinshi mu gihugu. 

Urubyiruko rugana aha hantu ku bwinshi, cyane cyane mu mpera z'icyumweru, abahakorera n'abahagenda bavuga ko imyambaririre idasanzwe ari kimwe mu biranga rumwe mu rubyiruko ruba rwaje kwishimisha.

Aha ku Gisimenti izari inzu zo kubamo, inyinshi zahindutse utubari n'utubyiniro bitewe n'uko hahindutse icyanya cyo kwidagaduriramo. 

Gasana Alex umaze imyaka 15 atanga serivisi mu kabari, avuga ko habayeho guteshuka ku nshingano ku bantu batanga serivisi mu tubari kuko hari abaha inzoga abana batarageza imyaka 18.

Umusore ukiri muto, Sam Hategekimana abibona nk'iterambere ariko nanone akagira impungenge z'ejo hazaza.

Iyi ni ingingo igarukwaho cyane n'abantu mu ngeri zitandukanye.

Umwepiskopi wa Diyoseze ya Kivu mu itorero Angilikane ry'u Rwanda, Ahimana Augustin we agaragaza ko hakwiye kubaho ubufatanye bw'inzego zitandukanye mu guhangana n'iki kibazo, kandi hakajya habaho ibiganiro hagati y'ababyeyi n'abana babo.

Imyitwarire ya rumwe mu rubyiruko igihe rugiye ahantu hahurira abantu benshi nko mu tubyiniro no mu tubari ikomeje kutavugwaho rumwe. 

Hari urubyiruko rugaragaza ko iyo umuntu agiye mu bikorwa byo kwinezeza akwiye kwambara uko abishaka kuko ari uburenganzira bwe, abandi bakabibona nk'ishyano ryaguye i Rwanda. 

Elie Mugabowishema uyobora umuryango witwa Nsindangiza avuga ko ipfundo ry'iki kibazo riri mu muryango.

Kuri iyi ngingo, minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney nawe ashimangira ko ababyeyi bakwiye kugira uruhare mu kugabanya ubukana bw'iki kibazo.

Agira ati "Umwana niba yambaye ubusa ukabibona ukabireka kabiri gatatu azi ko ariwo muco, ariko urabimubwira, ukamwereka umuco, indangagaciro ukamwereka ko niyo watera imbere, ukagira amashuri menshi warabaye i Burayi, muri Amerika ariko ukagira umuco w'igihugu cyawe hari ibiguha agaciro mu bandi ushobora kwambara neza ukanaberwa utagombye kwambara ubusa ngo wishyire ku karubanda."

Ni mu gihe Polisi y'u Rwanda yo ivuga ko itazarebera abafite imyitwarire yo kwiyambika impenure.

Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera agira ati  "Kwambara impenure hari ibintu byinshi dukwiye kureba nabyo birimo gufata indi ntera ariko twavuga ko mu by'ukuri ibyo bintu bidakwiye, ntibikwiye ku muco, ntibikwiye ku ndangagaciro mwatangiye muvuga ariko noneho turavuga nka polisi ko tutazabyemera, abantu babyumve ubwo butumwa tugomba kubutanga."

Abahanga mu bijyanye n'umuco bavuga ko umuco ugizwe n'umurage w'abasokuruza, ukagirwa n'ibyo abantu bahanga muri iki gihe, ukongera kugirwa n'ibiva hanze. Ibi byiciro byose bikaba bishobora kurangwamo ibyiza biba bikwiye gusigasirwa n'ibibi n'ibyonnyi by'umuco biba bikwiye gukumirwa.

Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage