AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abahanga mu bya Drones bavuze ko ikibazo cy'ubumenyi buke mu gukoresha utu tudege kigikwiye gushakirwa ibisubizo birambye

Yanditswe Sep, 15 2021 15:40 PM | 72,776 Views



Abahanga mu bijyanye n'imicungire n'imikoreshereze utudege duto tuzwi nka drones twifashishwa mu bikorwa bitandukanye, bagaragaje ko ikibazo cy'ubumenyi buke mu gukora no gukoresha utu tudege kigikwiye gushakirwa ibisubizo birambye.

Ikigo cy'igihugu gishinzwe ibirebana n'indege za gisivili, Rwanda Civil Aviation Authority cyahuje abafite aho bahuriye n'ibirebana na za drones b'imbere mu gihugu no hanze yacyo, kugira ngo banoze imicungire yazo bityo zikomeze guhindura imikorere mu nzego zinyuranye.

Eric Rutayisire wo muri sosiyete Charis  yagize ati “Nkatwe turimo kuzikora tugira ikibazo cyo gusabwa ahantu hanini ho kuzigeragereza kandi mu buryo butabangamiye abandi. Icya kabiri hari amwe mu mategeko turimo kuganira nabo ku mategeko yadufasha kwihutisha imikorere yaza drones mu Rwanda.”

Serge Tuyihimbaze wo muri Leapr Labs we ati “Twe twakoze undi mushinga  witwa flying robots aho twari dufite abana barenga 150 twigishije uburyo bakora design, ndetse n’uburyo zikorwa kandi muri abo bana abagera ku 100 babonye amahirwe anyuranye ku bijyanye na drones ndetse nyuma yawo twakoze izindi programmes, 15 basoje amasomo kandi bamwe bamaze kubona akazi.”

Muri ibi biganiro by'iminsi 3 hararebwa imyigishirize, imikoreshereze, ikorwa, ubwishingizi ndetse n'iterambere ry'izi drones muri rusange.

Umuyobozi ushinzwe izi drones mu kigo cy'igihugu gishinzwe indege za gisivili, Andrew Mutabaruka avuga ko habaye kwihutisha kuzuza ibisabwa, uruhushya rwo kugurutsa drone rwakwihutishwa.

“Uruhushya rwo kugurutsa indege buri gihe ntitwavuga ko rutinda ariko rugomba gukurikiza inzira zose zisabwa, iyo rero uruhande rumwe rudakoze neza ibyo rwagombaga gukora bishobora gutuma bitinda ariko icyifuzo cyacu ni uko bizajya bitebuka. Icyo tugerageza gukora cyane dukurikije aho bishobora kuba bipfira ni kubazikoresha ubwabo nibo usanga batubahiriza ibisabwa vuba vuba bityo rero bigirwamo uruhare n'ababitanga n’ababisaba.”

Minisitiri w'ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula avuga ko hari ubuso bwa hegitari zigera kuri 29 buherereye mu karere ka Huye, buteganyijwe kubakwaho ishuri rizigisha ibirebana n'ikorwa ry'izi ndege nto zigurutswa nta mu pilote urimo.

Ati “Ahantu hakigaragara intege nke atari hano no ku isi hose ni ukuvuga ngo ubushobozi bw'abafite ubumenyi bwo kuzubaka no kuzikora baracyari bacye cyane. Ari abaterankunga bose dukorana nabo icyo tugenda dufatanya nabo ni ukureba uburyo twakongera ubushobozi n’ubumenyi ku buryo twahugura abanyarwanda benshi kugirango bagire ubwo bumenyi n’ubwo bushobozi mu gukora utwo tudege  no kutwifashisha mu gusubiza ibibazo biri mu buhinzi, mu buzima no mu nzego zitandukanye.”

Ni ibiganiro byitabiriwe n'abahagarariye Sosiyete zimaze kumenyekana zirimo Zipline, Charis, Leapr labs na Dynamics n'imiryango mpuzamahanga ishinzwe iby'indege.

Kwizera Bosco




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura