AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abagorozi 19 badakozwa ibyo kwirinda COVID19 no gutunga indangamuntu bafatiwe mu ifamu y'inka

Yanditswe Jul, 24 2021 18:46 PM | 28,543 Views



Mu Kagari ka Mbale mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, hafatiwe abantu 19 bari bamaze umwaka urenga basengera mu bwihisho bavuga ko badakozwa ibyo kubahiriza gahunda za Leta zirimo gutunga ibyangombwa, cyangwa gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Kuri ubu aba baturage barimo kwigishwa kugira ngo harebwe ko iyo myumvire yahinduka.

Bafashwe mu masaha ya mu gitondo.  Muri aba harimo abagabo 5, abagore 10 n'abana bane. Nta muturage w'Akarere ka Nyagatare ubarimo kuko 15 muri bo ari abo mu Karere ka Ngoma, babiri bo mu Karere ka Bugesera, umwe wo mu Karere ka Gasabo n'undi wo mu Karere ka Muhanga. 

Mu ihema bubakiye bo bita urusengero ni ho bari bamaze umwaka n'igice basengera, ndetse ubwo umunyamakuru yahageraga yasanze amasengesho arimbanije.

Gufatwa kw'aba baturage byaturutse ku makuru yatanzwe n'umuturage witwa David Bayingana ufite ubutaka bashinzemo ihema basengeragamo. Uyu muturage avuga ko yabanje gucumbikira babiri baje ari abafundi nyuma umubare wabo uza kugenda wiyongera, ariko ngo iki kibazo yakijeje mu nzego z'ubuyobozi. 

Ibirebana no gutunga ibyangombwa birimo indangamuntu ntibabikozwa cyo kimwe n'amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 ngo kuyubahiriza bihabanye n'imyemerere yabo.

Nyuma y'uko inzego zitandukanye zirimo n'iz'umutekano zari zimaze kugera aho aba baturage bari bakambitse, byabanje kugorana kugira ngo bemere kuhava. Kuri ubu bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare aho barimo kwigishwa. 

Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y'abaturage Murekatete Juliet avuga hagiye gushwakwa uko basubizwa mu miryango yabo.

Uretse umuturage witwa Mbyariyehe Jean Damascene ukomoka mu Karere ka Ngoma wari kumwe n'umuryango we wose, abandi ni abatandukanye n'umuryango yabo harimo n'abataye abo bashakanye. 

Abenshi muri aba bemeza ko nta dini cyangwa itorero na rimwe babarizwamo, mu gihe bamwe muri bo bavuga ko babarizwa muri itorero ry'abadiventiste b'Umunsi wa Karindwi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira