AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...
  • Ben Kayiranga na Mico The Best bateguje igitaramo gikomeye mu Bufaransa – Soma inkuru...

Abagororwa muri gereza ya Gasabo bagomba kwimuka bitarenze amezi 3--Rwigamba

Yanditswe Apr, 01 2017 18:03 PM | 2,467 Views



Urwego rushinzwe imfungwa n'abagororwa (RCS) rutangaza ko mu gihe cy'amezi 3 ari imbere imfungwa n'abagororwa bari muri gereza ya Gasabo  bazaba bamaze kwimurwa, ibi ngo biraterwa n'imiterere y'iyi gereza itameze neza kuko ishobora kuba kimwe mu byateye impanuka.

Ubuzima bw'imfungwa n'abagororwa  muri gereza ya Gasabo burakomeje nyuma yo kwibasirwa n'inkongi y'umuriro ikangiza aho bararaga, ibiryamirwa n'ibikoresho by'isuku.

Kugeza ubu abangirijwe n'iyi nkongi barimo guhabwa ibikoresho n'umuryango wa Croix rouge ku bufatanye na MIDIMAR Ibi bikoresho birimo ibiryamirwa n'ibikoresho by'isuku.

Umuyobozi mukuru w'urwego rw'imfungwa n'abagororwa George Rwigamba aravuga ko imirimo yo gufasha aba bagororwa kubona aho kuba no guhabwa ibikoresho birimo kugenda neza.

Ubuyobozi bw'urwego rushinzwe imfungwa n'abagororwa buvuga ko iyi gereza irimo umubare munini kuko harimo imfungwa n'abagororwa  basaga ibihumbi 5. Kugeza ubu ngo harimo gufatwa ingamba zo gucyemura iki kibazo ku buryo burambye mu gihe kitarenze amezi  3. "Umuti urambye ni uko turimo twubaka amagereza mashya mu Rwanda hose, ariko by'umwihariko hari gahunda yo kubimura tubajyana Mageragere, Mageragere rero harimo harubakwa, ariko ntabwo haruzura block izakira aba bantu igeze hagati nibaza ko nko mu gihe cy'amazi nka 3 ishobora kuba yuzuye hanyuma ikabakira."

Bitewe n'uko ibintu bitarajya ku murongo nk'uko byari bisanzwe, ntabemererwa gusura abagororwa nkuko bisanzwe usibye abagororwa bafite ibibazo by'umwihariko abandi ngo mu gihe cya vuba bazamenyeshwa gahunda yo gusura abantu babo.



Johanna Wibabara

ese ubundi bazajya bimura abagororwa aruko gereza imanje gushya kubera iki bategereza ko zifatwa ninkongi z'umuriro Apr 02, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira