Yanditswe Feb, 05 2018 19:44 PM | 5,528 Views
Abatunze ibinyabiziga barasabwa kubaha amategeko agenga umuhanda kugira ngo bibarinde kubagusha mu ifatira ry'ibinyabiziga byabo. Ibi n'ibitangazwa na Polisi y'igihugu nyuma yo gufatira ibinyabiziga byinshi byatahuweho amakosa atandukanye rimwe na rimwe ba nyirabyo ntibajye kubigombora kugeza aho byangirika cyane.
Nyuma yo gufatirwa igihe kirekire kubera ba nyiri ibinyabiziga batinda kubigombora bamwe mu batunze ibinyabiziga bemeza ko ibi bituma byagirika. Nubwo polisi iba yabifatiye mu makosa yo kutubahiriza mategeko y’umuhanda. Bayingana Jean Pierre, umwe mu bamotari kimironko agira ati,"..Yenda bakagira nk'ahantu hubakiye hasakaye ikinyabiziga bakagenda bakakibika ntikinyagirwe cyangwa ngo cyicwe n'izuba. Igihombo kirahari, kuko nk’iyo moto igiye bakayifunga nk’amezi atanu atandatu, wa musoro ntabwo uwutanga kuko ntiwawutanga udakora, na nyirikinyabiziga arahomba, ajya mu madeni muri RRA agasanga bimuteje manka iteye ubwoba cyane."
Umuvugizi wa Polisi y'igihugu, CP Theos Badege, akaba akangurira ba nyiribinyabiziga kubaha amategeko agenga umuhanda kugira ngo bibarinde igihombo no kubagusha mu ifatira ry'ibinyabiziga byabo, ngo kuko amategeko aba yarakozwe kuburyo bwizewe. Ati, "Twibaza ko ikintu kihutirwa ari ukubaha itegeko ritakugusha mu ifatira ndetse ikindi no kutivumbura, tujya tubona abantu basa nkaho bivumbura, iyo wivumburiye amategeko yakozwe mu buryo yubahirijwe neza, akenshi ubihomberamo. Ni byiza rero ko twubaha amategeko bitume tudahanwa ngo tunahombe, kuko icyo akenshi umuntu agamije niba umuntu yaguze ipikipiki ngo yunguke, cyangwa utunze ikinyabiziga cyawe ngo uzunguka buri munsi, byaba byiza ukigumanye waba waguye mu cyaha ukishyura"
Gusa, ntabwo haramenyekana neza umubare w’ibinyabiziga bisa nibisaziye mu bubiko bwa polisi y’igihugu cyangwa ngo hamenyekane agaciro k’igihombo ba nyirabyo bamaze kubona cyanga se leta muri rusange.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru