AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yafashe mu mugongo Abanya-Kenya nyuma y’urupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...
  • Ben Kayiranga na Mico The Best bateguje igitaramo gikomeye mu Bufaransa – Soma inkuru...

Abadepite bemeje imyanzuro yavuye mu icukumbura ry'ibibazo biri mu buhinzi

Yanditswe Aug, 06 2019 13:22 PM | 4,501 Views



Inteko Rusange  y'Umutwe w'Abadepite yemeje imyanzuro yavuye mu icukumbura ry'ibibazo biri mu buhinzi n'ubworozi, maze hemezwa ko igiye gushyikirizwa Minisitiri w'Intebe n'izindi nzego zirebwa n'ibibazo byacukumbuwe.

Mu kwezi kwa 4 uyu mwaka hashyizweho komisiyo yihariye yo gucukumbura ibibazo biri mu buhinzi n'ubworozi nyuma yo kutanyurwa n'ibisobanuro Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi Dr.Mukeshimana Geraldine yatanze mu magambo no mu nyandiko.

Mu gihe cy'iminsi 75 komisiyo yihariye icukumbura ibibazo yagaragaje ibibazo birimo gahunda zo kuhira zidatanga umusaruro wari witezwe, inganda zidakora ibyo zashyiriweho, imicungire mibi y'amakoperative, n'imikoranire itanoze hagati y'inzego zitandukanye mu ruhererekane rw'inyongeragaciro ku bikomoka mu buhinzi n'ubworozi.

Nk’uko Ngabitsinze Jean Chrysostome, Perezida wa komisiyo yacukumbuye ibi bibazo abisobanura.

Komisiyo yihariye yashyizweho  kugira ngo icukumbure ibi bibazo yatanze umwanzuro ku icukumburwa ryakozwe maze iyo myanzuro yemezwa n'Inteko rusange umutwe w'abadepite.

Abagize Umutwe w’Abadepite kandi bagaragaje ko ubuhinzi n'ubworozi bufatiye runini ubukungu bw'igihugu bityo ko hadakwiye kubaho kugenjeka ku  bishobora gusubiza inyuma uru rwego.

KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira