AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abadepite batoye itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta ingana na Miliyari 4,658 Frw

Yanditswe Jun, 29 2022 18:46 PM | 85,689 Views



Inteko rusange y’Abadepite yatoye yemeza umushinga w’itegeko ry’ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka utaha w’imari 2022-2023 ugomba gutangirana n’ukwezi gutaha kwa Nyakanga. 

Abadepite bakaba bishimira ko ibitekerezo batanze kuri uwo mushinga byitaweho mu gutegura iyi ngengo y’imari.

Ingengo y’imari ya 2022-2023 ingana na miliyali 4,658 Frw, aho muri yo amafaranga azava imbere mu gihugu azaba ari miliyari 2372.4 bingana na 50.9% by’ingengo y’imari yose.  

Inguzanyo z’imbere mu gihugu ni miliyari 282.6 z’amafaranga y’u Rwanda bingana na 6.1%, mu gihe inguzanyo z‘amahanga ari amafaranga y’u Rwanda miliyali 1,096.7 bingana na 23.5% mu gihe inkunga z’amahanga zo ari amafaranga y’u Rwanda Miliyari 906.9 bingana na 19.5%.

Ibi bikagaragaza ko habayeho kudohoka ku muvuduko w’igihugu mu bijyanye no kwigira ku ngengo y’imari ugereranije n’irimo gusoza.

Ingero z’ibitekerezo by’abadepite byubahirijwe, harimo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yahawe 12,159,094,662 FRW bivuze ko yongerewe 701,000,000 FRW bingana na 6.12% ugereranyije na 11,458,094,662 FRW yari yagenewe mu mbanzirizamushinga. 

Muri rusange ingengo y’imari yose yahawe MINAGRI harimo miliyari 5 zo gufasha abahinzi kubona inyongeramusaruro z’imbuto n’ifumbire, naho Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi cyo cyahawe 93,458,412,146 FRW bivuze ko cyongerewe 4,739,256,542 FRW bingana na 5.34% ugereranyije na 88,719,155,604 FRW cyari cyagenewe mu mbanzirizamushinga.

RUZIGA EMMANUEL MASANTURA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage