AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abadepite batangiye gutora itegeko rigenga CNLG

Yanditswe Nov, 24 2020 20:56 PM | 92,303 Views



Inteko ishinga Amategeko, Umutwe w'Abadepite yatangiye  gutora umushinga w’itegeko rizatuma CNLG iyoborwa na perezida na visi perezida ikagira n’inama y’abakomiseri nk’urwego rukuru. 

Uyu mushinga w’itegeko uha  CNLG inshingano nshya zo kubika inyandiko zavuye mu nkiko gacaca no gukorana bya hafi n’Inzego z’ubutabera zo mu Rwanda no mu mahanga.

Umushinga w’itegeko ryatowe n’inteko rusange y’umutwe w’abadepite urazana impinduka mu miyoborere ya Komisiyo y’igihugu yo ku rwanya Jenoside.

Hagendewe ku biteganywa n’uyu mushinga w’ itegeko,CNLG izajya iyoborwa na Perezida na Visi Perezida ndetse n’inama y’abakomiseri aho kuba umunyamabanga nshingwabikorwa n’abagize inama y’ubuyobozi nkuko byari bisanzwe mu itegeko ryo muri 2007.

Uyu mushinga uraha iyi komisiyo inshingano nshya zo kubika inyandiko z’inkiko gacaca  no gukorana bya hafi n’Inzego z’ubutabera zo mu Rwanda no mu mahanga.

Ibijyanye n’ubuvugizi mu bijyanye n’imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi byimuriwe mu kigega gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye FARG na ho ubuvugizi mu bijyanye n’ihungabana  bijyanwa muri Minisiteri y’ubuzima nubwo CNLG izakomeza kubikurikirana.

Perezida wa Komisiyo y'Ubumwe bw'Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside Mukamana Elisabeth avuga ko muri rusange CNLG izakomeza gukurikirana ibi bibazo by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bosco Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira