AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Abadepite batangiye gusura ibikorwa bigamije iterambere ry'abaturage mu gihugu

Yanditswe Nov, 03 2020 00:42 AM | 97,612 Views



Kuva kuri iyi tariki ya 2 kugeza ku ya 8 z'uku kwezi, abagize inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite bazasura ibikorwa bitandukanye by'iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza, bareba uko bimeze muri iki gihe igihugu gihanganye n'icyorezo cya covid-19.

Perezida w'inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite Mukabalisa Donatille avuga ko izi ngendo z'abadepite ziri mu murongo w'inshingano zabo zo kumenya no kugenzura ibikorwa bya guverinoma.

Kimwe mu bikorwa bazagenzura ni gahunda ikomeje yo kubaka ibyumba by'amashuri. 

Hon Mukabalisa Donatille ashimangira ko gukurikirana iki gikorwa ari ingenzi kuko kuzura kwabyo byitezweho kugabanya ubucucike mu mashuri bityo n'amabwiriza yo kwirinda covid 19 akubahirizwa.


Ibikorwa byo kubaka ibyumba by'amashuri bisaga ibihumbi 22 birakomeje mu turere ndetse hari n'aho bisaba umuganda w'abaturage: Bimwe biracyari ku rwego rwo hasi ibindi bigeze igihe cyo gusakarwa.

Usibye iyubakwa ry'ibyumba by'amashuri, abadepite bazanasura imwe mu mishinga yadindiye cg yacunzwe nabi nk'uko byagiye bigaragazwa na raporo z'umugenzuzi mukuru w'imari ya Leta. 

Hari kandi ukureba aho igihembwe cy'ihinga kigeze gishyirwa mu bikorwa hacyemurwa ibibazo byo gutinda kw'ifumbire n'inyongeramusaruro; kugenzura ibikorwaremezo bigenewe gufasha abaturiye imipaka nk'amavuriro, ibikorwa by'itumanaho rya telephone, radio na Television, gahunda yo kwizigamira n'ibindi.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura