AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abadepite babajije Minisitiri Ndagijimana ikibazo cy’imigabane y’abanyamuryango ba BPR

Yanditswe Jun, 01 2022 13:04 PM | 105,235 Views



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu abadepite bagize komisiyo y’ubukungu bagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel cyibanze ku kibazi cy’imigabane y’abaturage bari bafite muri Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR).

Abadepite bagize komisiyo y'ubukungu babajije Minisitiri Dr. Ndagijimana impamvu abanyamuryango bafatwaga nk'abanyamigabane ariko ntibagabanywe inyungu iyo banki yagiye ibona uko yagendaga ihererekanywa abashoramari batandukanye kugeza ku wanyuma ari we Atlas Mara uherutse kwegurira KCB Group imigabane yarifitemo.

Minisitiri Ndagijimana yabwiye abadepite ko byatewe n'ubuke bw'amafaranga yahabwa buri munyamigabane ku giti cye kuko imigabane yabo ari mike.

Atlas Mara yari ifite hajuru gato ya 60% by'imigabane yose ya BPR, ariko minisitiri w'imari yagaragaje ko KCB Group ubu ifite hejuru gato ya 87% y'imigabane yose bitewe n’icyo yise kwiyongera kw'imari shingiro.

Abadepite bagaragaje kutishimira uburyo amakuru ajyanye n'imigabane y'abanyamuryango ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda agirwa ubwiru kugeza n’aho abitwa abanyamuryango batabizi ko ari bo n'agaciro k'umugabane kugeza uyu munsi.

Minisitiri Ndagijimana yagaragaje ko kugeza uyu munsi mu mutungo wose wa BPR Bank ukabakaba miliyali 80 izigera kuri 70 ari iza KCB Group nk'umunyamigabane munini mu gihe abanyamuryango bandi bafitemo miliyali 10 gusa.

Ibi bikaba binavuze ko abanyamigabane bato bafite amafaranga yabo abitswe kandi abashaka kuvamo bafite amahitamo yo kugurisha imigabane ye.

Abanyamuryango bafatwa nk'abanyamigabane ni ibihumbi 163, aho minisiteri y'imari ivuga ko amakuru ajyanye n'umutungo wabo azwi nubwo bataragerwaho bose.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira