AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Abacuruzi muri Rusizi basabye ko kubaka icyambu kizafasha kwambukiranya imipaka byihutishwa

Yanditswe Jul, 26 2021 17:15 PM | 22,449 Views



Abacururizaga ahitwa mu Budike hari kubakwa icyambu kizoroshya ubucuruzi bwambuka imipaka mu karere ka Rusizi, barasaba ko imirimo yo kubaka iki cyambu yakwihutishwa kugira ngo bongere kuhacururiza kuko aho bimuriwe hatoroshya ubucuruzi bwabo.

Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi, RTDA cyavuze ko iyo mirimo izasubukurwa muri Nzeri uyu mwaka.

Iki cyambu cyari cyatangiye kubakwa ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu mu Murenge wa Kamembe ahazwi nko mu Budiki.

Cyagombaga kuzura mu mezi 18 uhereye tariki ya 9 Mutarama  2020, bivuze ngo tariki nk’iyo mu kwa 6 uyu mwaka cyakabaye cyaruzuye.

Uyu munsi ikigaragara aha mu Budiki ni uruzitiro rw’ahagomba kubakwa ndetse na zimwe mu mashini zo kwifashishwa, ariko imirimo yo ntayo.

Gutangira kubaka iki cyambu byatumye abahakoreraga ubucuruzi bw’isambaza bimurirwa ahandi, kugeza ubu bavuga ko atari heza bakaba bifuza ko icyambu cyuzura vuba ngo basubire mu Budiki.

Buri gitondo urubyiruko rubyukira aha mu Budiki kureba ko imirimo yasubukuwe ngo baruhe akazi rugasubirayo rwimyiza imoso

Umuyobozi Mukuru wungirije muri RTDA, Emile Patrick BaganiziClip avuga ko mu kwezi kumwe kuri imbere imirimo izasubukurwa

Kubaka icyambu cy’ubucuruzi muri aka karere ka Rusizi, bifite igisobanuro gikomeye cyane ku bucuruzi cyane cyane ubwambuka imipaka dore ko ari na cyo cya mbere cyaba kihageze kandi ubucuruzi ari bwo nkingi ya mwamba y’imibereho y’abatuye aka karere. Ibyambu nk’ibi 3 kandi biteganijwe ko bigomba no kubakwa mu Turere twa Karongi na Rubavu, ahandi ho RTDA ikaba ivuga ko imirimo igeze kure.

Theogene Twibanire




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu