AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abacuruzi muri Nyamasheke barataka ikibazo cy’inzu z’ubucuruzi zikiri nke

Yanditswe Jun, 13 2021 12:02 PM | 63,578 Views



Abakora ubucuruzi mu karere ka Nyamasheke, baravuga ko n’ubwo aka karere kagenda gatera imbere uko iminsi itambuka ariko  hakiri ikibazo cy’inzu z’ubucuruzi zikiri nke cyane ugereranije n’abazikeneye, bigatuma bamwe bahitamo kwimurira ubucuruzi bwabo mu Mijyi nka Kamembe n’ahandi.

Ubuyobozi bw’aka karere buvuga ko gahunda ihari ari iyo korohereza bishoboka abashaka kuhubaka inzu z’ubucuruzi, kandi ko iki kibazo kizakemuka byihuse.

Nyamasheke ni akarere katazibagirwa amateka yako mu bukungu bwamaze imyaka n’imyaka bucumbagira, ndetse ubu kakaba ari akarere kamaze imyaka myinshi kadafite inzu zigeretse etage.

Ahitwa mu i Tyazo ni wo Mujyi w’aka karere ariko hakomeje kuba utuzu tw’ubucuruzi duciye bugufi, tumwe dufite igisenge cya konoshi abandi bita igitwe cya Gitifu.

Na n’uyu munsi ni two twinshi duhari, gusa hashize imyaka itanu  hageze etage imwe rukumbi.

Abacuruzi bavuga ko kuri ubu kubona inzu zo gucururizamo ari ikibazo

Aba bemeza ko hari bagenzi babo babura aho bashyira ubucuruzi bwabo, bagahitamo kwimukira mu yindi Mijyi yo hanze ya Nyamasheke.

Ariko muri iyi minsi birasa n’aho amaso y’abashora imari mu bwubatsi muri aka karere atangiye gufunguka,  nk’ubu abajyanama b’ubuzima bo muri aka karere bakimara kubona ibyo, bahise biyemeza kuzamura inzu nini izuzura mu kwezi kwa Munani uyu mwaka itwaye akayabo ka miliyoni zisaga 400 z’amanyarwanda

Aba bajyanama b’ubuzima  bakoze kompanyi yitwa Akabando k’ubuzima, ikaba  ihuza amakoperative 19 y’aba bajyanama b’ubuzima mu karere kose bahitamo kubaka iyi nzu ngo barebe uko bafasha mu gukemura iki kibazo cy’ubuke bw’inzu z’ubucuruzi.

Ariko aho iyi nzu igeze kuri 55%, kimwe cya kabiri cy’ibyumba  byayo byamaze gufatwa.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie avuga ko mu gukomeza gukemura ikibazo cy’inzu z’ubucuruzi zikiri nke, bukoresha uko bushoboye bukorohereza abashaka kubaka.

Mu karere ka Nyamasheke kuva hagera umuhanda wa Kivu Belt, hahinduye isura ndetse akarere karagendwa kurenza mbere.

Theogene Twibanire.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura