AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Ababyeyi biteguye bate itangira ry’amashuri?

Yanditswe Oct, 10 2021 10:51 AM | 93,815 Views



Bamwe mu babyeyi bavuze ko biteguye itangira ry’amashuri kuri uyu wa Mbere,  ariko bakagaragaza  impungenge za bimwe mu byumba by’amashuri bitaruzura, ndetse n’ikibazo cy’abarimu bataraboneka ku buryo ngo bishobora gukoma mu nkokora gahunda yo kugabanya ubucucike mu mashuri n’ireme ry’uburezi.

Imyiteguro irarimbanije ku babyeyi bashakira abana babo ibikoresho by’ishuri, ndetse abandi babaherekeza mu gihe basubira ku mashuri, ndetse n’abari kujya kubandikisha ku bigo.

gusa bavuga ko bari guhura n’imbogamizi zitandukanye zirimo ibikoresho by’ishuri bihenze ku masoko, ndetse n’ikibazo cy’amafaranga y’ishuri basabwa kwishyurira icyarimwe.

Kuri ibi bigo by’amashuri kuva kuy’incuke kugera ku mashuri yisumbuye aya leta n’ayigenga, imirimo yo kuhakorera isuku irimo gusozwa ndetse n’intebe mu mashuri zigatunganwa kugira ngo abanyeshuri bazabone aho bigira hasukuye.

Hiyongeraho gutunganya ibikoresho bifasha ibigo gukumira no kurwanya icyorezo cya Covid19, ni nako imodoka ziri gupakurira ibiribwa bizatunga aba banyeshuri muri gahunda yo kubagaburira ku mashuri.

Abayobozi ba bimwe mu bigo by'amashuri, bavuga ko biteguye kwakira abanyeshuri dore ko nibatangira hari n’umwihariko wo kugaburira abanyeshuri bose barimo n’abo mu mashuri abanza .

Ku rundi ruhande ariko hari bimwe mu bigo by’amashuri bigiye gutangira bigifite  ibyumba by’amashuri birimo kubakwa, bikaba byaratinze kuzura.

Aha hiyongeraho n’ikibazo cy’abarimu bataraboneka, intebe ndetse n’ibikoni bitaruzura n’ibikoresho byabyo bitaraboneka  ku buryo ngo bishobora gukoma mu nkokora gahunda yo kugaburira abana ku ishuri, ndetse bikazanateza ubucucike mu mashuri kuko hari n’abanyeshuri bazasibira.

Ingengabihe ya minisiteri y’uburezi igaragaza ko tariki 11 Ukwakira aribwo abanyeshuri bo mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye bazatangira amasomo y’igihembwe cya mbere ndetse ababa mu bigo bicumbikira abanyeshuri batangiye kubigeramo.

Gusa abazajya mu mwaka wa Mbere n'uwa Kane w'amashuri yisumbuye, bo bazatangira tariki 18 z'uku kwezi.

Jean Paul Turatsinze




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira