AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

AMASENGESHO ASABIRA IGIHUGU YAHUJWE NO KWIBUKA KU NSHURO YA 25

Yanditswe May, 06 2019 06:58 AM | 6,665 Views



Kuri iki Cyumweru abayobozi mu nzego zinyuranye bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu ategurwa n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship.

Aya masengesho yanahujwe no kwibuka ku nshuro ya 25, jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.


Muri aya masengesho hatumiwe umuvugabutumwa mpuzamahanga ukomoka mu gihugu cy'u Buhinde Dr. Richard Ramesh wagarutse cyane cyane ku ndangagaciro zikwiye umuyobozi zirimo urukundo,guca bugufi, ubushishozi n'ubutwari.

Ministiri w'ubutegetsi bw'igihugu Profeseri Shyaka Anastase, yagaragaje ko abayobozi b’amadini n’abayobozi bari mu nzego za leta muri rusange bafite inshingano zo kubaka igihugu cyashegeshwe n'amateka mabi. Yagize ati ''igihugu cyacu cyabonye urupfu kinabona kuzuka, tukaba tugomba guharanira ubuzima bwacyo.''

<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/TCC11Fe6osY" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture" allowfullscreen></iframe>

Bamwe mu bitabiriye aya masengesho nka Dr Charles Muligande na Muhongerwa Patricia, bavuga ko agira uruhare mu gukosora ibitagenda neza cyane cyane iyo umuntu yemereye Imana ikamuyobora ngo bizana impinduka mu mikorere n’imigirire ya buri munsi.

Insangayamatsiko y’aya masengesho yibutsa abayobozi ko bafite inshingano zo guteza imbere no guharanira ubumwe bw’abanyarwanda, gukorera umuturage no gukomeza ishingano z'ubuyobozi, bicisha bugufi mu gukorera abo bashinzwe.

Inkuru ya John Gakuba




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize