AGEZWEHO

  • Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi – Soma inkuru...
  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...

AMAFOTO - Madamu Jeannette Kagame yatangije Inama y'Ihuriro ry'Abagore muri CHOGM

Yanditswe Jun, 20 2022 10:50 AM | 97,170 Views



Madamu Jeannette Kagame aravuga ko ku bufatanye n'ubushake bw'inzego zose, bishoboka kandi byihutirwa ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abagore n'abakobwa ryaranduka.

Ibi Madamu wa Perezida wa Repubulika yabigarutseho ubwo yatangizaga Inama y'Ihuriro ry'Abagore bahagarariye abandi mu muryango w'Ibihugu bikoresha ururimi rw'Icyongereza wa Commonwealth bitabiriye inama ya CHOGM iteraniye I Kigali. Madamu wa perezida wa Repubulika yibukije ko n'ubwo iyi nama yagiye ikomwa mu nkokora n'icyorezo cya COVID19, ngo abantu bishimiye ko u Rwanda rwakiriye iyi nama. Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko yizera ko ingingo zizaganirwaho muri iyi nama izamara iminsi 2, zizatanga imirongo migari ku cyakorwa ngo inzitizi zikibangamira abagore ziranduke, zirimo ihohoterwa ribakorerwa, kutagira uruhare rugaragara mu bikorwa by'iterambere n'ubukungu, uruhare ruto n'umubare w'abagore uri hasi mu myanya ifatirwamo ibyemezo ndetse n'ingaruka zishingiye ku ihindagurika ry'ibihe (climate change). N'ubwo hari ingorane zikibangiye abagore muri rusange.

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje uruhare rukomeye umugore afite ku mibereho rusange yaba iy'umuryango n'iy'igihugu, ko gukomeza gushyigikira umugore ari ugutanga umusanzu mu iterambere ry'igihugu.



Reba video ubwo Madamu Jeannette Kagame yatangizaga Inama y'Ihuriro ry'Abagore muri CHOGM



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m