AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

ABIKORERA BO MU RWANDA BAHUYE N’ABA RDC

Yanditswe Apr, 18 2019 17:28 PM | 6,285 Views



U Rwanda rwiyemeje gushyira I Kishasa muri Republika iharanira demokarasi ya kongo byabere, ikigo kizajya gihurizwamo ibikorerwa mu Rwanda, kugira ngo byegerezwe ababikenye muri icyo gihugu.

Uyu ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje abikorera bo mu bihugu byombi, banatangaje ko mu gihe kitarenze ibyumweru 2 impande zombi zizaba zasinye amasezerano y’ubufatanye bugamije korohereza abashoramari.


Abagize urugaga rw’abikorera muri DR Congo barimo na Perezida w’uru rugaga bahuriza ku kuba u Rwanda rufite ibisubizo by’ibibazo abikorera bo muri icyo gihugu bafite, dore ko bemeranyije gutegura byihutirwa amasezerano y’imikoranire yitezweho kwihutisha ubucuruzi ku bihugu byombi.

Ku ruhande rw’abikorera bo mu Rwanda, ngo nabo bafite inyungu mu gukorana n’abikorera bo muri Republika iharanira demokarasi ya kongo, ari na yo mpamvu umuyobozi mukuru w’urugaga rw’abikorera Stephen Ruzibiza agaragaza akamaro k’ikigo kizashyirwa i Kinshasa kikajya gihurizwamo ibikorerwa mu Rwanda.

Ministre w’ubucuruzi n’inganda Soraya Hakuziyaremye, we agaragaza ko hagiye kongerwa ingufu mu bucuruzi bwambukiranya imipaka busanzwe bukorwa hagati y’u Rwanda na republika iharanira demokarasi ya Congo.

Kuri ubu umujyi wa Kinshasa utuwe n’abaturage basaga miliyoni 14 ishobora kuba rimwe mu masoko y’abikorera bo mu Rwanda cyane ko ubusanzwe ibicuruzwa bingana na 80% u Rwanda rwohereza mu karere ruhereyemo byoherezwa muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo.


Inkuru ya Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira